Champions League: Amakipe yaraye yesuranye">
Champions League: Amakipe yaraye yesuranye
— February 22, 2017
Please enter banners and links.

ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Gashyantare 2017 hakomezaga imikino ya 1/8 cy’irangizaihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayo, ahakinwe imikino ibiri harimo umukino Manchester city yari yakiriyemo AS Monaco, mu gihe Atletico Madrid yo yakiraga ikipe ya Bayern Leverkusein.
Duhereye ku mukino wa Manchester City na AS Monaco, ni umwe mu mikino yaryohe abawukurikiranye dore ko ibitego byarumbutse kuko habonetsemo ibitego 8. Ikipe ya Manchester city yakiniraga imbere y’abafana bayo yitwaye neza muri uyu mukino ituruka inyuma igomboraibitego yari yatsinzwe irangizaumukino ari ibitego 5-3.
Raheem Sterling niwe wafunguye amazamu ku munota wa 26 ariko bijyanye nuko uyu mukino wari ufunguye byagaragaraga ko isaha iyo ariyo yose Monaco yagombora iki gitego cyangwa nayo bakaba bayitsinda ikindi. Ntabwo byatinze kuko kabuhariwe Radamel Falcao yahise yishyurira AS Monaco ku munota wa 32.
Ku munona wa 36 Sergio Kun Aguero yasigaranye n’umuzamu ariko yigusha mu rubuga rw’amahina maze umusifuzi wari wamuteye imboni ahita azamura ikarita y’umuhondo arayimwereka mu gihe benshi bibwiraga ko agiye gutanga penaliti. Bidatinze Mbappe umwana w’imyaka 18 ukomeje kwigaragaza yahise atsindira AS Monaco igitego cya kabiri ku munota wa 40 ndetse igice cya mbere cyarangiye gutyo ikipe yasuye iri imbere.

Igice cya kabiri nacyo ntabwo cyatangiye neza kuri Guardiola n’abahungu be kuko AS Monaco yahise ibona penaliti ariko rutahizamu Falcao awutera mu maboko y’umuzamu, byahise bikangura Man City itangira kwataka bikomeye ndetse birayihira, Sergio Kun Aguero ayibonera igitego ku muzinga w’ishoti yarekuye ku munota wa 58. Mu gihe Manchester City yisunganyaga ishaka igitego cy’intsinzi, AS Monaco ibifashijwemo na Falcao yahise yongera kujya imbere y’iyi kipe ku gitego cyiza cyane yatsinze ku munota wa 61.
John Stones utari witwaye neza mu bwugarizi yaje gukosora amakosa ye ubwo yatsindaga igitego ku munota wa 77 ku mupira wari uvuye muri koruneli cyahise kinafasha Man City noneho kongera kugenda imbere ya AS Monaco n’ibitego 4-3. Bidatinze Kun Aguero yongeye guha umupira mwiza Sane wahise uwuboneza mu nshundura ku munota wa 82 bashimangira itsinzi y’ibitego 5-3 ari nako umukino warangiye.

Uyu mukino wanditse amateka yo kuba ari wo mukino wa vuba ubonetsemo ibitego byinshi dore ko ibi byaherukaga kubaho tariki ya 24 Ukwakira 1990 ubwo Real Madrid yatsindaga Swarovski Tirol ibitego 9-1, ndetse bikaba byabaye ku nshuro ya mbere by’umwihariko ibitego bingana gutya bibonetse mu mikino ya 1/8.

Ku rundi ruhande i Madrid naho ibitego byarumbutse kuko Atletico Madrid yahanyagiriye Bayern Luverkusein ibitego 4-2. Ni ibitego byatsinzwe na Saul Niguez ku munota wa 17, Griezmann atsinda ikindi ku munota wa 25, Gameiro ku munota wa 58 na Torres watsinze agashinguracumu ku munota wa 85. Naho Bayern Luverkusen yo yatsindiwe na Bellarabi ku munota wa 48 na Savic witsinze ku munota wa 67.
2,573 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Biravugwa ko bamwe mu banyarwanda bari barashoye imari muri Uganda byabakomeranye bagiye kujyanwa mu Nkiko kubera imitungo
Leave a reply