umu amakuru- Liverpool mubiganiro n’umukinnyi Mario Gotze | Umusingi
<img class=Liverpool mubiganiro n’umukinnyi Mario Gotze">

jurgen-klopp-mario-gotze1-a0564Liverpool mubiganiro n’umukinnyi Mario Gotze

Please enter banners and links.

 

jurgen-klopp-mario-gotze1-a0564

 

Uyu mukinnyi ukomoka mu gihigu cy’ubudage akaba yaratwanye igikombe cy’isi cyabereye mu gihugu cya brezil mu mwaka wa 2014 ari kumwe n’ikipe y’igihugu cy’ubudage.

Mario Gotze afite imyaka 20 y’amavuko akaba yaravukiye mu gace ka Memmingen mu gihugu cy’ubudage,uyu musore yamenyekanye cyane akinira ikipe ya Borussia Dortmund aho yakiniye iyi kipe kuva mu mwaka wa 2009 kugeza mu mwaka wa 2013 yaje kuyivamo yerekeza mu ikipe ya Bayern Munich, nyuma yokubura umwanya uhagije wo gukina uyu musore yafashe icyemezo cyo kuyivamo nyuma gusa y’imyaka itatu agaruka mu ikipe yamureze ari nayo abarizwamo ubu.

jurgen-klopp-mario-gotze-borussia-dortmund_3396936-45031

 

Nk’uko ikinyamakuru the sun cyandikirwa mu bwongereza kibitangaza ikipe ya Liverpool yiteguye gutanga milioni 20 z’amapawundi uyu musore akava mubudage akarekeza muri iyi kipe itozwa n’umutoza Jurgen Klopp wahoze anamutoza mu ikipe ya Borussia Dortmund.

Ubu uyu mukinnyi Mario Gotze wifuzwa n’ikipe ya Liverpool yaravunitse akaba atari gufasha ikipe ye ya Borussia Dortmund mu mikino ya ueffa champions league.

2,508 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.