Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
— December 14, 2020
Please enter banners and links.

Uwigeze kuba umutoza w’ikipe ya Liverpool FC n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Gérard Houllier, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere afite imyaka 73.
Umufaransa Houllier yatoje ikipe ya Liverpool hagati ya 1998-2004, ayifasha kwegukana ibikombe bitanu bikomeye birimo FA Cup, League Cup na UEFA Cup mu mwaka w’imikino wa 2000/01.
Yatoje kandi amakipe arimo Lens, Paris Saint-Germain n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ndetse ubwo yari avuye muri Liverpool yatwaye shampiyona ya Ligue 1 muri Lyon.
Ubwo yaherukaga gutoza, ni mu 2011, aho yamaze amezi icyenda ari umutoza wa Aston Villa, ariko agahita atangira kugira ibibazo by’umutima.
Liverpool yatangaje ko yababajwe n’urupfu rw’uyu wahoze ari umutoza wayo, wayihesheje ibikombe bitatu mu mwaka umwe.
Ati “Tubabajwe kandi twunamiye umutoza waduhesheje ibikombe bitatu witabye Imana, Gérard Houllier. Ibitekerezo bya buri wese muri Liverpool FC biri kumwe n’umuryango wa Gérard ndetse n’inshuti nyinshi.”







Houllier yubatse izina mu butoza ari muri Lens na PSG mu myaka ya 1980 mbere yo gufata ikipe y’igihugu y’u Bufaransa mu 1992.
Gusa, ubwo u Bufaransa bwananirwaga kubona itike y’imikino ya nyuma y’Igikombe cy’Isi mu 1994, Houllier yashinje amakosa David Ginola wari umukinnyi, ahita yegura ku mirimo ye.
Mu 1998, yagiye mu Bwongereza, atoza Liverpool afatanyije na Roy Evans weguye nyuma y’amezi atatu, agasigarana ikipe.
Mu Ukwakira 2001, yabazwe umutima nyuma yo kugira ububabare mu gituza nyuma y’umukino wahuje Liverpool na Leeds United, ariko nyuma asubira mu kazi indi myaka itatu mbere yo kugenda muri Gicurasi 2004.
Avuye muri Liverpool, yatoje Lyon, ayifasha kwegukana ibikombe bibiri by’u Bufaransa mbere yo kwerekeza mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri icyo gihugu mu 2007.
Mu mwaka w’imikino wa 2010/11, yari yahawe imyaka itatu muri Aston Villa, ariko asezera nyuma y’amezi icyenda kubera uburwayi bw’umutima.
Kuva icyo gihe, yagizwe umuyobozi w’umupira w’amaguru muri Red Bull mu gihe mu Ugushyingo, yabaye umuyobozi wa tekinike w’amakipe y’abagore ya Lyon na OL Reign.
Abakinnyi n’amakipe yatoje bakomeje kumwifuriza irihuko ryiza bamuvuga ibigwi igihe bakoranaga nabo.
2,916 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Champions League muri 1/8: Uko amakipe yatomboranye ,Messi azahangana na Neymar
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Kuki Umuhungu wa Gen Fred Rwigema atatashye ubukwe bwa mushiki we Teta?
Leave a reply