umu amakuru- Amarozi yashyizwe muri V 8 za Rayon Sports yapfuye ubusa APR iratsinda | Umusingi

APRAmarozi yashyizwe muri V 8 za Rayon Sports yapfuye ubusa APR iratsinda

Please enter banners and links.

APR

Kuri uyu wa gatandatu taliki 21 Mutarama 2016 mu mukino w’ishiraniro hagati y’amakipe 2 akomeye mu Rwanda ndetse yitana mukeba , ishyaka no guhangana ku mpande zombie nibyo byaranze umukino watumye ikipe ya  Rayon Sports itsindwa  na APR FC igitego kimwe rukumbu cyatumye ijya ku mwanya wa mbere .

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, Abakinnyi ba Rayon Sports  baje mu modoka za V 8 arizo abantu baketse ko zabateye umwaku igatsindwa kuko ari ubwa mbere bari bazijemo baje gukina na APR FC .

APR

Uyu n’umukino wavugishije benshi ariko birangira APR itsinze Rayon Sports ibereka ko kuza muri V 8 gukanga abakinnyi ba APR ari ukwikoza ubusa kuko itajya ikangwa.

384306927c8780f8dd64f72b04c9b0

Ngizo V 8 Abakinnyi ba Rayosports bajemo

Hari bamwe batangiye kuvuga ko muri V 8 Rayon Sports yajemo kuko buri mukinnyi yaje muri V 8 ye bituma bakeka ko arizo zashyizwemo amarozi kuko ariyo amaze iminsi avugwa mu makipe y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Kumunota wa 32, Issa Bigirimana yaje kongera kugerageza amahirwe umunyezamu Bakame umupira arawurenza. Kuko APR FC yarushaga Rayon Sports hagati, byaje gutuma abakinnyi ba Rayon bakomeza gukora makosa menshi ari nabyo byatumye ku munota wa 34 Munezero Fiston ahabwa ikarita y’umuhondo.

c93173ffbec471820b6120f82bb9b9

Igice cya kabiri kigitangira, APR FC yakoze impinduka Issa Bigirimana asimburwa na Benedata Janvier. Ku munota wa 54 Mvuyekure Emery yahawe ikarita y’umuhondo azira gutinza umukino, naho ku munota wa 57 Nahimana Shassir yahushije igitego cyari cyabazwe ku ruhande rwa Rayon Sports.

21-img_8412-1740b

Kubera guhangana kw’aya makipe, hari abakinnyi bakomeje kugenda bakora amakosa ku mpande zombi bahabwa amakarita y’umuhondo, barimo nka Imanishimwe Emmanuel na Irambona Eric. Rayon Sports kandi yabonye amahirwe ku munota wa 89 ntiyabasha kuyabyaza igitego, abafana bayo bayangira kwisohokera, umukino urangira ari 1-0.

Kimwe mu byavugishije abantu cyane, ni uburyo abakinnyi ba Rayon Sports, buri umwe yageze ku kibuga ari mu modoka zihenze za V8, nyuma yo gutsindwa abafana ba APR FC bakaba bagiye kongera kubategera kuri izo modoka barabakomera.

Ndayambaje F

 

2,645 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.