umu amakuru- Igisiga kiri mu byavuzwe ko cyateye umwaku ikipe ya Chelsea gutsindwa na Crystal Palace | Umusingi

Igisiga kiri mu byavuzwe ko cyateye umwaku ikipe ya Chelsea gutsindwa na Crystal Palace

Please enter banners and links.

Ikipe ya Chelsea umunsi w’ejo kuwa gatandatu yatsinzwe n’ikipe ya Crystal ibitgo 2 kuri kimwe maze igisiga cyari gifite utwenda ku maguru yacyo turiho amabara y’ikipe ya Crystal Palace bati nicyo cyatumye Chelsea itsindwa.

Ni nkaho bavugaga ko ari ibirozi by’ikipe ya Crystal Palace ariko I Burayi naho habayo amarazi nkavugwa muri Africa?.

Iyi kipe ya Crystal Palace niwo mukino itsinze wa mbere ndetse nta gitego yari yagatsinze ariko igitangaje n’uburyo yatsinze ikipe ikomeye nka Chelsea yatwaye igikombe umwaka ushize.

Baba abafana ba Chelsea cyangwa abakinnyi bayo nta n’umwe wumvaga ko yatsindwa n’ikipe ya nyuma ku rutonde ndetse itaratsindaho n’umukino n’umwe ariko igatsinda Chelsea.

Umutoza mushya wa Crystal Palace Roy Hodgson

Cahill umwe mu bakinnyi bakina inyuma wa Chelsea yikoreye amaboko

Umwe mu bakinnyi bakomeye muri Crystal Palace witwa Wilfried Zaha yari amaze iminsi mu mvune akaba aribwo yagarutse mu ikipe ndetse akaba yatsinze igitego cy’intsinzi.Chelsea ikaba itari ifite umukinnyi wo hagati Ngolo Kante ari nacyo bamwe mu bafana bitwaje.

Ndayambaje F

2,655 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.