Nyina wa Pep Guardiola utoza Manchester City yishwe na Coronavirus nyuma yo gutanga £920,000 I Catalonia
— April 6, 2020
Please enter banners and links.

Nyina wa Pep Guardiola utoza Manchester City, Dolors Sala Carrió, wari ufite imyaka 82, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Mata 2020 azize icyorezo cya Coronavirus.
Dolors Sala Carrió yari amaze iminsi arwariye mu rugo i Manresa mu Mujyi wa Barcelone muri Espagne.
Ikipe ya Manchester City yemeje ko nyina wa Pep Guardiola yishwe na Coronavirus, mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Twitter.








Yagize iti “Umuryango wa Manchester City ubababajwe no kumenyesha urupfu rwa nyina wa Pep, Dolors Sala Carrió witabye Imana i Manresa muri Barcelone uyu munsi, azize Coronavirus. Yari afite imyaka 82. Buri wese ufite aho ahuriye n’ikipe, yifatanyije na Pep muri ibi bihe bitoroshye, umuryango we n’inshuti ze.”
Mu kwezi gushize, Pep Guardiola yatanze miliyoni 1€ (asaga miliyari 1 Frw) yo gufasha inzego z’ubuzima muri Espagne gukomeza guhangana n’icyo cyorezo.
Espagne iri mu bihugu bibiri byibasiwe cyane na Coronavirus kurusha ibindi ku Isi, aho abasaga ibihumbi 135 bamaze kuyandura mu gihe abapfuye basaga ibihumbi 13.
3,502 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply