Amajyaruguru: Barinubira gutanga imisanzu ya mituweli ntibavurwe uko bikwiye
— January 22, 2016
Please enter banners and links.
Umwaka wo gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza utangira muri Nyakanga buri mwaka, ariko abaturage bashishikarizwa gutanga iyo misanzu mbere ho ukwezi kugira ngo batangire kuvurwa.
Bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rulindo na Gakenke mu Mirenge itandukanye, batangarije RBA ko bagihura n’ikibazo cyo kutavurwa iyo mu bagize umuryango bose harimo bamwe batishyuriwe ubu bwisungane.
Beatrice Mukamana, utuye mu Karere ka Rulindo yagize ati“Hari igihe uba ufite abantu batandatu mu rugo, ukaba watangira batatu ariko bakanga kuyakira, ese uzarembera mu rugo?”
Régis Mbonigaba, na we ukomoka mu Karere ka Rulindo, yatangaje ko babangamiwe na serivisi ihabwa abakoresha mituweli. Ati“Ino aha birasaba ngo utangire urugo rwose, ubone kwivuza kandi nk’umusore ntabwo yakagombye gutangira urugo rwose kandi atarwishingiye.”
Mu gushaka umuti w’iki kibazo mu minsi ishize ubuyobozi bwa RSSB ishami rya Mituweli bwavuze ko umuryango watangiye abawugize bose 1/2 cy’umusanzu basabwa bashobora kwivuza andi bakagenda bayishyura mu byiciro.
Umuyobozi w’ishami rya mituweli muri RSSB, Alex Rulisa yashishikarije ibigo nderabuzima byakira aba baturage kuborohereza kubona ubuvuzi.
Yagize ati“Dusaba ko umuryango wose wakwishyura mituweli. Impamvu yabyo ni uko iyo turetse hakishyura ababishaka gusa, umuryango wishyurira abarwaragurika gusa.”
Yakomeje avuga ko hatekerejwe no ku miryango irimo abantu benshi, bafite ubushobozi buke, ku buryo kubonera umusanzu icyarimwe bibagora.
Ati “Natwe twakomeje gushaka uko tuborohereza nubwo umusanzu ugenwa n’amategeko, icyo gihe abantu bose babashije kwishyura 1/2 bagatangira kwivuza kugera mu kwezi kwa 12 ariko kugera mu kwezi kwa mbere kubera ko ubwishingizi buba burangiye bakishyura asigaye.”
Kuva ku itariki ya 1 Nyakanga umwaka wa 2015 nibwo ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) yatangiye gucungwa n’ikigo cy’ubwiteganyirize RSSB.
3,276 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Gahunda igi ry’Umwana na Kundwa kibondo byagabanije imirire mibi mu Bana muri Sovu
Hubatswe ibigo nderabuzima 50 muri Huye na Nyamagabe mu myaka 7 ishize
99% by’akato n’ihezwa ku bafite virusi itera SIDA byarashize muri Koperative Girubuzima Nyange
Mu bantu 15750 bapimwe agakoko gatera SIDA 37 nibo basanganywe ubwandu bushya
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply