Police FC yatsinze Espoir 3-1
— February 19, 2016
Please enter banners and links.

Kuri uyu wa gatatu taliki ya 17 Werurwe 2016, ku kibuga cy’imikino cya Kicukiro habereye umukino wo ku munsi wa cumi n’umwe wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda. Uyu mukino wahuje Police FC na Espoir.
Uyu mukino wari ishiraniro ku mpande zombi, ukaba watangiye ikipe ya Police FC irusha Espoir cyane cyane mu bakinnyi bo hagati ndetse na ba rutahizamu.
Ibi byaje gutanga umusaruro ku ruhande rwa Police CF ubwo rutahizamu wayo akaba na kapiteni Innocent Habyarimana, ku mupira mwiza yari aherejwe na Danny Usengimana yacikaga ba myugariro ba Espoir maze agatera ishoti rikomeye mu izamu rya Espoir , igitego cya mbere cya Police FC kiba cyirinjiye.
Nyuma yaho gato kandi, ku munota wa 19, rutahizamu wa Police FC, Mohammed Mushimiyimana yaboneye ikitego cya kabiri ikipe ye ariko ku munota wa 30 w’igice cya mbere cy’umukino, nyuma yo gusatira Police FC umwanya munini, ikipe ya Espoir yagomboyemo igitego kimwe, amakipe yombi akaba yagiye kuruhuka ari ibitego 2 bya Police FC kuri 1 cya Espoir.
Mu gice cya kabiri Police FC yakomeje gusatira cyane, ndetse ikora impinduka kuko yakuyemo Mohammed asimburwa na Eric Ngendahimana, Idesbald Nshuti nawe asimburwa na Japhet Imurora maze kubera kotsa igitutu ab’inyuma ba Espoir, byaje kuvamo ko ku munota wa 76, ba myugariro ba Espoir bakorera ikosa kuri Kalisa Rachid mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti .
Iyi penaliti yatewe na Usengimana Danny, umuzamu wa Espoir ayikuramo ariko Habyarimana wari wakurikiye neza asubyamo umupira , icya gatatu kiba kirinjiye. Police FC yakomeje gusatira izamu rya Espoir cyane cyane ba rutahizamu aribo Habyarimana na Japhet ariko umukino urinda urangira ku nsinzi ya Police FC ya 3-1.
Umutoza wa Police FC, Cassa Mbungo André yashimiye abakinnyi be uburyo bitwaye kuko ngo, nk’uko bigaragara bakosoye amakosa bari bakoze mu mukino mpuzamahanga bari bakinnye mu mpera z’icyumweru gishize cyane cyane abo hagati aho yagize ati:”ibi birampa icyizere ko ikipe yanjye izakomeza kwitwara neza mu mikino izakurikira yaba iya shampiyona y’igihugu ndetse n’amarushanwa nyafurika turimo.”
Nyuma y’uyu mukino, Police FC yagize amanota 20 ikaba iri ku mwanya wa kane nyuma ya AS Kigali, Mukura VS na Rayon Sport, zose zimaze gukina imikino 11 mu gihe Police FC ifite ikirarane itarakina.
Muhungu John
2,931 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Mukakarangwa Francisca na Batamuriza Esther baratabaza Perezida Kagame, Ya mitego Bamporiki yavuze igeze muri RCA aho umuyobozi wayo yateze abantu 12 ashaka ko bajya Mageragere gufungwa barengana.
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply