umu amakuru- Wayne Rooney yageze mu ikipr ya Everton bamwe mu bakinnyi ba Manchester United bamusezeye baririra | Umusingi

Wayne Rooney yageze mu ikipr ya Everton bamwe mu bakinnyi ba Manchester United bamusezeye baririra

Please enter banners and links.

Rutahizamu wa Manchester United ndetse akaba ariwe wari kapiteni wayo Wayne Rooney  kuri iki cyumweru tariki ya 9 Nyakanga 2017 yagurishijwe mu ikipe yakuriyemo akiri muto ariko bagenzi be bakaba bamusezeyeho mu marira n’ubutumwa bw’agahunda.

Hashize imyaka igera kuri 13 uyu mukinnyi avuye muri iyi kipe ya Everton bityo abafana n’umutoza wa Everton bakaba bamwakiranye ubwuzu n’urugwiro.

Rooney akaba yabwiye abafana b’ikipe ya Everton ko atagarutse mu ikipe ya Everton kubera izindi mpamvu cyangwa amarangamutima ariko ngarutse gutwara ibikombe n’ikipe yanjye yankujije kandi nkumbuye kongera kwambara umwambaro w’ubururu ndi mu kibuga cya Goodison.

Rooney ari mu modoka ye agiye muri Everton

Rooney arimo gusinyira abakunzi be b’ikipe ya Everton FC amaze kuhagera

Rooney afite imyaka 18  ubwo yagurwaga na Furgason aza muri Man United

Ander  Herrera umwe mu bakinnyi bakinanaga na Wayne Rooney yagize ati “umunsu umwe nzabwira abuzukuru  banjye ko nakinanye na Wayney Rooney nkwifurije ibihe byiza aho ugiye kandi tuzakomeza kuzirikana agaciro kawe”.

Rooney akaba yasinye amasezerano y’imyaka 2 akinira iyi kipe ye akunda cyane nkuko yabivuze ati mu rugo n’abana anjye twajyaga twambara Pajama za Everton ariko nari narabigize ibanga kumara imyaka 13 yose maze mvuye hano ,iyi niyo kipe yanjye nkunda cyane kandi nishimiye kugaruka hari hari amakipe menshi anshaka ariko umutoza Keoman yari yarambwiye ko ashaka ko ngaruka mu rugo ubwo rero niko guhitamo kugaruka mu rugo.

2,561 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.