Uwateruye Gen.Ibingira bamurashe mu ntambara aratakamba no kubona Mituelle de santé ntibimworohera
— June 2, 2017
Please enter banners and links.

Umusaza witwa Nsanzurwimo Alexandre utuye mu Karere ka Kayonza yagiranye ikiganiro gito n’Ikinyamakuru Umusingi Kuwa 20 Gicurasi 2017 aho avuga uburyo yatabaye Gen.Fred Ibingira mu ntambara yo kubohora igihugu.
Umusaza Nsazurwimo avuga ko yari atuye mu gihugu cya Tanzania hafi n’Akagera ku buryo intambara babaga bumva amasasu barasana.
Akomeza avuga ko umunsi umwe bumvise amasasu menshi noneho hashize akanya amasasu araceceka ,kubera ko yakorashaga ubwato bwa Cyama cya mapinduzi bakundaga kwambutsa abantu baje kwiba inyamaswa mu Kagera bityo yambukije abantu bari baje mu Rwanda asanga Afande Ibingira bamurashe mukuguru asigaranye n’agahungu kagasore kamwe.
Nsanzurwimo agira ati “ni njye wazanye agatanda nkata ipantaro yanjye ndakamuzirikisha ku kuguru bari barashe avirirana turamuterura tumugeza ku bwato ndamwambutsa mujyana ahitwa Isingiro niho bamukuye bamujyana kumuvuza Mbarara”.
Nsanzurwimo avuga ko ubuzima arimo bumugora cyane no kubona Mituelle de santé bimugora akaba yari azi ko Gen.Ibingira yakabaye yibuka icyo gihe nkuko yamutabaye nawe yari akwiye kumutabara akaba yamufasha akabona icyo akora.
Ubundi umuntu ugutabaye uri mu byago akitanga akagufasha iyo uvuye muri ibyo byago cyangwa ibyo bibazo uba ukwiye guha agaciro uwo muntu wagutabaye.
Nsanzurwimo avuga ko yajyaga abeshya Abatanzania ko agiye gukora ubukwe bakamutwerera ariko amafaranga abonye akihisha akayoherereza ababaga bari kurugamba rwo kubohora igihugu.
Nsanzurwimo ntago abayeho neza kuko yagize ibyago umugore we agongwa n’igare riramwica ubu akaba yibana n’abana babuzukuru bose bari ku mutwe we kubatunga.
Ikinyamakuru Umusingi kimaze iminsi gishakisha uburyo bwose twabonana na Gen.Ibingira haba kuri Telephone ye igendanwa cyangwa kubonana nawe ntibyadukundira kugirango tumubaze niba hari icyo yamarira Nsanzurwimo Alexandre nk’umuntu yatabaye yarasiwe ku rugamba cyangwa niyo bitaba ibyo akamufasha nk’umuntu ku giti cye.
Turacyakomeje gushakisha Gen.Ibingira Fred nituramuka tumubonye azatubwira igitekerezo cye tukibagezeho ariko byashimisha abantu babonye indi nkuru ivuga ko yamufashije.
Nsanzurwimo avuga ko nta kibazo afite cyo gutinya kuvuga ko yamutabaye bamurashe kuko we ngo ni umuntu uvugisha ukuri atazi kubeshya kandi ko Afande nawe abizi ati ikibi ni uko naba mbeshya ariko ibintu byabaye kubivuga nta kibazo.
Gatera Stanley
3,009 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
2 Comments
Yooooo, ntibikwiye ko umuntu yibagirwa ineza yagiriwe kabisa. buriya reka twizereko ikibazo cyabayeho ari icyo kuba baraje kuburana ariko Gen. Ibingira namenya amkuru y’uwo musaza nizeyeko azamufasha igishoboka cyose.
Akwiye gufashwa rwose yakoze igikorwa kiza cyane. iyo atahagoboka afande nibyari kumworohera.