Ibyo gutora banyaminga mu mashuri mato leta yabikuyeho">
Ibyo gutora banyaminga mu mashuri mato leta yabikuyeho
— February 17, 2017
Please enter banners and links.

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yabwiye abayobozi b’ibigo by’amashuri y’inshuke, abanza, n’ayisumbuye ko batemerewe kongera gutegura amarushanwa yo gutora ba Nyampinga ku mpamvu zuko byagaragaye ko bibangamira imyigire y’abanyeshuri n’imyigishirize y’abarimu muri ayo mashuri.
Kuwa 27 Mutarama 2017, Minisiteri y’uburezi(MINEDUC) yandikiye ibaruwa abayobozi b’uturere bose ibasaba kumenyesha abayobozi b’ibigo by’amashuri y’inshuke, abanza n’ayisumbuye ko batemerewe kongera gutegura amarushanwa yo gutora ba Nyampinga.
Guhagarika itegurwa ry’amarushanwa ya ba Nyampinga birareba amashuri ya Leta, afatanya na Leta, ayigenga, ndetse n’amashuri mpuzamahanga yose akorera mu Rwanda.
Muri iyi baruwa Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko impamvu yo guhagarika aya marushanwa ari uko babonye ko bishobora kubangamira imyigire n’imyigishirize muri ibyo bigo by’amashuri.
Gusa nkuko bigaragara muri iyi baruwa, ibikorwa byo gutora ba nyampinga muri za Kaminuza n’amashuri makuru byo ntibyabujijwe.
Uyu mwanzuro wo guhagarika amarushanwa yo gutora ba nyampinga uje nyuma yuko ababyeyi batandukanye cyane cyane abarerera mu mashuri yisumbuye bagiye bagaragaza ko igikorwa cyo gutora ba Nyampinga muri ayo mashuri kidakwiye ngo kuko gituma benshi muri bo barangazwa n’ayo marushanwa bakibagirwa inshingano yo kwiga kandi ari yo iba yarabajyanye muri ayo mashuri.
3,191 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply