umu amakuru- Wayne Rooney yatawe muri yombi n’imodoka ye irafatwa | Umusingi

Wayne Rooney yatawe muri yombi n’imodoka ye irafatwa

Please enter banners and links.

Wayne Rooney ukunze kwitwa Papa Kayi wahoze ari kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza  ndetse n’ikipe ya Man United yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano wo mu muhanda, akurikiranyweho gutwara imodoka yasinze.

Uyu mukinnyi w’imyaka 31 ubarizwa mu ikipe ya Everton muri iki gihe, yafashwe na polisi mu ijoro ryo kuwa Kane, tariki 31 Kanama 2017, nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Mirror.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko yafatiwe n’ahegeranye n’urugo rwe amaze imyaka irenga 12 atuyemo mu gace ka Cheshire ubwo yari yasohotse. Aho yafatiwe hanegeranye n’ikibuga cya Finch Farm ikipe ya Everton yitorezaho.

Rooney atwaye imodoka ye

Imodoka ya Polisi yamufashe atwaye avuye mukabyiniro yasinze

Gereza aho Rooney yari afungiye n’imodoka ye

Uwo n’umwunganizi wa Rooney umushakira isoko ry’amakipe aba amushaka ahageze kumureba

Rooney yarageze iwe mu rugo bamukinguriye igipangu

Rooney muri ako gace ahafite inzu ya miliyoni esheshatu z’ama-pound abanamo n’umuryango we, afite umugore witwa Coleen babyaranye gatatu ndetse kuri ubu bakaba bitegura uwa kane kuko atwite. Imfura yabo yitwa Kai, igakurikirwa na Klay ndetse n’uwitwa Kit.

Uyu mukinnyi watawe muri yombi akekwaho gutwara yasinze yaherukaga gusezera burundu gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza afitemo amateka yo kuba uwatsinze ibitego byinshi mu mateka ya ruhago yayo. Yaherukaga kongera gusinya muri Everton yakuriyemo nyuma y’imyaka 13 ari muri Manchester United.

 

 

2,772 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.