Rubavu: Havumbuwe imbunda mu musarane w’inzu
— September 1, 2017
Please enter banners and links.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi aturuka mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Kane ubwo havidurwaga umusarane w’inzu iheruka kugurwa n’abajyanama b’ubuzima mu Mumudugudu w’Inkurunziza, Akagari ka Mbugangari, Umurenge wa Gisenyi, havumbuwemo imbunda yo mu bwoko bwa Ak 47.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mbugangari, Rutarindwa Joseph Desire, yabwiye itangazamakuru ko iyo mbunda idafite magazine y’amasasu igikurwamo yahise ishyikirizwa inzego z’umutekano.

Inzu yaguzwe n’Abajyanama b’ubuzima

Umusarane wavumbuwemo imbunda
Yagize ati “Nimugoroba saa kumi n’ebyiri ni bwo baviduraga umusarane w’inzu iheruka kugurwa n’abajyanama b’ubuzima bakuramo imbunda, nuko tubimenyesha ingabo na polisi. Turacyashakisha abatuyemo mbere y’uko igurwa n’abajyanama b’ubuzima kuko iyo mbunda igaragara nk’aho yari imazemo imyaka nk’itatu cyangwa ine.”
Abaturage bagirwa inama ko ahari ibikoresho bya gisirikare babigaragaza bakabishyikiriza inzego z’umutekano, nta nkurikizi zindi.N’ahandi hose uwabona igikoresha cya gisirikare asabwa kwihutira kumenyesha inzego z’umutekano.
2,587 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply