umu amakuru- Rubavu: Havumbuwe imbunda mu musarane w’inzu | Umusingi

Rubavu: Havumbuwe imbunda mu musarane w’inzu

Please enter banners and links.

Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi aturuka mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Kane  ubwo havidurwaga umusarane w’inzu iheruka kugurwa n’abajyanama b’ubuzima mu Mumudugudu w’Inkurunziza, Akagari ka Mbugangari, Umurenge wa Gisenyi, havumbuwemo imbunda yo mu bwoko bwa Ak 47.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mbugangari, Rutarindwa Joseph Desire, yabwiye itangazamakuru ko iyo mbunda idafite magazine y’amasasu igikurwamo yahise ishyikirizwa inzego z’umutekano.

Inzu yaguzwe n’Abajyanama b’ubuzima

Umusarane wavumbuwemo imbunda

Yagize ati “Nimugoroba saa kumi n’ebyiri ni bwo baviduraga umusarane w’inzu iheruka kugurwa n’abajyanama b’ubuzima bakuramo imbunda, nuko tubimenyesha ingabo na polisi. Turacyashakisha abatuyemo mbere y’uko igurwa n’abajyanama b’ubuzima kuko iyo mbunda igaragara nk’aho yari imazemo imyaka nk’itatu cyangwa ine.”

Abaturage bagirwa inama ko ahari ibikoresho bya gisirikare babigaragaza bakabishyikiriza inzego z’umutekano, nta nkurikizi zindi.N’ahandi hose uwabona igikoresha cya gisirikare asabwa kwihutira kumenyesha inzego z’umutekano.

 

 

2,525 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.