umu amakuru- Amakuru mabi ku ikipe ya Chelsea n’abafana bayo ko umukinnyi wayo Eden Hazard atazatangira shampiyona | Umusingi

Amakuru mabi ku ikipe ya Chelsea n’abafana bayo ko umukinnyi wayo Eden Hazard atazatangira shampiyona

Please enter banners and links.

Ikipe ya Chelsea n’abafana bayo bahawe amakuru atari meza kubera umukinnyi wayo ukomeye cyane Eden Hazard atazakina imikino yo gutangira shampiyona mu kwezi kwa 8 kubera imvune yagize ubwo yari mu myitozo akavunika ukuguru.

Ku cyumweru nibwo yavunitse kuwa mbere ajyanwa mu bitaro kumubaga nyuma yaho nibwo yanditse ubutumwa abushyira ku mbuga nkoranyambaga  ashimira abafana ati “mwarakoze kunsengera ubu meze neza nyuma yo kubagwa ukuguru”.

Bamwe mu bafana ba Chelsea batangiye kugira impungenge ko sezo itaha bashobora guhura n’ibibazo kubera abakinnyi b’iyi kipe batazatangirana nayo barimo Eden Hazard ,Diego Costa umutoza Conte yamaze kubwira ko atakimukeneye kandi yarabakuye ahakomeye akaba ashaka kumusimbuza Rukaku.

Ubundi ikipe zifatisha mu mikino ya mbere iyo zitangiye nabi izindi zikazisiga biziviramo kudatwara igikombe cyangwa zigahora mu bibazo byo kuvunikisha abakinnyi aribyo bituma zidatwara ibikombe.

Ubu ikipe zikaba zatangiye kugura abakinnyi mu rwego rwo guhatanira ibikombe ndetse no gukomeza kuza muri 4 za mbere dore ko mu Bwongereza kubona umwanya wa 4 bikomeye cyane.

Ndayambaje F

2,715 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.