umu amakuru- Uwahoze akuriye FBI James Comey yongeye gutanga ubuhamya butangaje uburyo Perezida Trump yakoranye na Russia mu matora | Umusingi

Uwahoze akuriye FBI James Comey yongeye gutanga ubuhamya butangaje uburyo Perezida Trump yakoranye na Russia mu matora

Please enter banners and links.

Uwahoze akuriye FBI muri America James Comey uyu munsi Kuwa 8 Kamena 2017 nibwo yatanze ubundi buhamya butangaje uburyo Perezida w’America Trump yakoranaga n’igihugu cya Russia mu gihe cy’amatora ya Perezida.

Ubu mu bitangazamakuru bikomeye ku isi birimo BBC ,Aljazeera n’ibindi bitandukanye niyo nkuru ishyushye birimo kuvugaho ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ku buhamya James Comey arimo gutanga ndetse uyu mugabo akaba amaze kuba umustari (Star).

James Comey akaba yatanze ubuhamye bwe ku nshuro ya kabiri akaba noneho yabutanze imbere y’akanama gashinzwe iperereza kayobowe na Richard Burr (Senate Intelligence Committee ) kagizwe n’abasinateri 8 .

James Comey yavuze ko Perezida Trump yashakaga kumurekera mu kazi kugirango atazavuga  ku mabanga ye n’igihugu cya Russia mu gihe cy’amatora .

James Comey wahoze ayoboye FBI arimo gutanga ubuhamya

Ubusanzwe igihugu cya America na Russia n’ibihugu by’ibikeba bihora bishyamiranye mu bya gisirikare n’ibindi bijyanye na politike ku buryo kumva ko kimwe kinjiye muri gahunda z’ikindi bitera impagarara cyangwa bitera ibibazo.

Abandi bakomeje gushima James Comey uburyo yemeye gutakaza akazi agahitamo kuvugisha ukuri ndetse abantu bakaba bavuga bati niba abantu bose bagiraga ukuri nkukwa Comey.

Rwego Tony

2,776 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.