Umukinnyi Cheick Tiote wakinnye muri Newcastle yanyereye agwa mukibuga arapfa
— June 6, 2017
Please enter banners and links.

Umukinnyi ukomoka mu gihugu cya – Côte d’Ivoire, Cheick Tiote, yitabye Imana ari mu myitozo mu ikipe ya Beijing Enterprises yo mu Bushinwa yakiniraga kuva muri Gashyantare uyu mwaka.
Cheick Tiote w’imyaka 30, yamenyekanye cyane ubwo yakiniraga ikipe ya Newcastle United yo mu Bwongereza yamazemo hafi imyaka irindwi. Yitabye Imana kuri uyu wa Mbere, tariki 5 Kamena aguye mu kibuga nk’uko byemejwe n’uwari ushinzwe inyungu ze, Emanuele Palladino.
Yagize ati “N’akababaro kenshi nemeje ko Cheick Tiote yitabye Imana yituye hasi ubwo yari mu myitozo. Ntabwo twatangaza byinshi muri uyu mwanya kandi dusabye ko ubuzima bwite bw’umuryango we bwubahwa muri iki gihe kigoye. Tubasabye inkunga y’amasengesho.”
Tiote wari ufite abana babiri ku mugore wa mbere bashakanye witwa Madah mbere yo gushyingirwa bwa kabiri na Laeticia Doukrou, yatangiye gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga mu 2005 mu ikipe ya Anderlecht yo mu Bubiligi, yanyuze kandi muri FC Twente mu Buholandi mbere yo gusinyira Newcastle United mu 2010.
Ubwo iyi kipe yamanukaga mu cyiciro cya kabiri umwaka ushize, Tiote yemeye kumanukana na yo iza kumurekura muri Gashyantare uyu mwaka yerekeza mu ikipe ya Beijing Enterprises yo mu Bushinwa ari na yo yitabye Imana agikinira.
Nyuma y’urupfu rwe, Newcastle United yahise isohora itangazo ririmo ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango we na ho umutoza wayo Rafael Benitez avuga ko yari umunyamwuga mu byo yakoraga byose, kandi ko yakundaga akazi ke. Yavuze kandi ko uyu mugabo yari umuntu w’intangarugero mu buzima busanzwe.
2,415 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Mayor wa Kamonyi UDAHEMUKA Aimable yeguye ku kazi kubera impamvu zikomeye
Leave a reply