Umukinnyi Cheick Tiote wakinnye muri Newcastle yanyereye agwa mukibuga arapfa
— June 6, 2017
Please enter banners and links.

Umukinnyi ukomoka mu gihugu cya – Côte d’Ivoire, Cheick Tiote, yitabye Imana ari mu myitozo mu ikipe ya Beijing Enterprises yo mu Bushinwa yakiniraga kuva muri Gashyantare uyu mwaka.
Cheick Tiote w’imyaka 30, yamenyekanye cyane ubwo yakiniraga ikipe ya Newcastle United yo mu Bwongereza yamazemo hafi imyaka irindwi. Yitabye Imana kuri uyu wa Mbere, tariki 5 Kamena aguye mu kibuga nk’uko byemejwe n’uwari ushinzwe inyungu ze, Emanuele Palladino.
Yagize ati “N’akababaro kenshi nemeje ko Cheick Tiote yitabye Imana yituye hasi ubwo yari mu myitozo. Ntabwo twatangaza byinshi muri uyu mwanya kandi dusabye ko ubuzima bwite bw’umuryango we bwubahwa muri iki gihe kigoye. Tubasabye inkunga y’amasengesho.”
Tiote wari ufite abana babiri ku mugore wa mbere bashakanye witwa Madah mbere yo gushyingirwa bwa kabiri na Laeticia Doukrou, yatangiye gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga mu 2005 mu ikipe ya Anderlecht yo mu Bubiligi, yanyuze kandi muri FC Twente mu Buholandi mbere yo gusinyira Newcastle United mu 2010.
Ubwo iyi kipe yamanukaga mu cyiciro cya kabiri umwaka ushize, Tiote yemeye kumanukana na yo iza kumurekura muri Gashyantare uyu mwaka yerekeza mu ikipe ya Beijing Enterprises yo mu Bushinwa ari na yo yitabye Imana agikinira.
Nyuma y’urupfu rwe, Newcastle United yahise isohora itangazo ririmo ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango we na ho umutoza wayo Rafael Benitez avuga ko yari umunyamwuga mu byo yakoraga byose, kandi ko yakundaga akazi ke. Yavuze kandi ko uyu mugabo yari umuntu w’intangarugero mu buzima busanzwe.
2,365 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Leave a reply