umu amakuru- Umuzimu wa se wararaga umurongora n’umugabo we yumva | Umusingi

Umuzimu wa se wararaga umurongora n’umugabo we yumva

Please enter banners and links.

Umugore utashatse ko amazina ye atangazwa avuga ku bibazo bikomeye yahuye nabyo mu rushako rwe ariko agashima Imana ko umugabo we atamutereranye.

Uyu mugore avuga ko yahuye n’ikibazo gikomeye cyane kuko iyo yageraga mu buriri n’injoro agiye kuryama yabonaga umuzimu wa se wapfuye cyera ugatangira ku murongora n’umugabo we yumva.

Yabanje kujya abihisha umugabo we kuko iyo umuzimu wamurongoraga yabaga arimo kuniha nk’umuntu urimo kubikoranya nyabyo ,umugabo we akamubaza icyo abaye umugore agatinya kumubwira.

Byageze igihe birakabya umugore aratinyuka abibwira umugabo we batangira gushakisha umuti ,bajya mu Nsengero nyinshi biba ibyubusa kugeza ubwo bagiye mu gihugu cya Tanzania kwivuzayo bagaruka byarakize.

Uwo mugore agira ati “mu byukuri numvaga nimbibwira umugabo wanjye azansiga mu nzu ariko ngeza aho ndabimubwira kuko nziko yankundaga ariko iyo biza kuba ari nk’ababandi bahora barwana batongana aba yaransize mu nzu njyenyine ariko ndamushimira cyane ko atantereranye mu bibazo nahuye nabyo bitoroshye”.
Abantu bagira ibibazo bitandukanye ariko hari igihe wowe uba wumva ko ikibazo ufite aricyo gikomeye cyane ariko wakumva undi ibibazo yahuye nabyo ukumva icyawe kibaye akana k’ikibazo niyo mpamvu kuganira ari byiza kuko hari igihe utinya kubwira umuntu kubera ko wumva ikibazo cyawe gikomeye cyane kandi giteye ubwoba kandi wabimubwira ugasanga akurangiye umuti ndetse nawe yakuganirira ugasanga ibye n’ibyo bikomeye cyane kurusha ibyawe.

Rimwe na rimwe hari igihe wabwira umuntu ikibazo cyawe akakumvira ubusa ukababara ariko hari igihe ubwira umuntu ikibazo ufite akakugira inama ugakira kandi inama akemshi niwo muti nyawo.

Muri iyi nkuru ntago twavuga amazina yuyu mugore nta n’ubwo twavuga aho atuye kubera impamvu z’umutekano we n’ubwo we avuga ko yakijijwe abitangamo ubuhamya.

Shangazi

6,646 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.