Inkuru ibabaje :Dr Byamungu Livingstone n’abana be 4 bahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye muri Uganda
— December 31, 2018Please enter banners and links.
Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 30 Ukuboza 2018 i Masaka ho mu gihugu cya Uganda ahitwa Lwengo habereye impanuka ikomeye yahitanye abantu batanu muri batandatu bari mu modoka yari itwaye umuryango wa Dr Byamungu Livingstone wari umwe mu bayobozi ba BRD nawe wahitanywe n’iyi mpanuka.
Ku rubuga rwe rwa Twitter, Umujyanama wa Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Kim Kamasa, yavuze ko uyu mugore ari mubyara we, ndetse ko uyu muryango wari muri Uganda aho wari watashye ubukwe.
Ati “Abantu babiri nibo gusa babashije kurokoka. Uyu muryango kandi mu mezi make ashize wapfushije umukobwa wari imfura yabo. Ubuzima rimwe na rimwe burasharira.”
Uyu muryango wari ugizwe n’abana bane barimo babiri b’impanga ndetse na Dr Byamungu Livingstone kimwe n’umufasha we Mukagatare Dorcas uyu akaba ariwe n’undi umwe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru bari bagihumeka n’ubwo bari barembeye bikomeye mu bitaro bya Masaka muri Uganda ari naho imibiri y’abitabye Imana kugeza ubu iri.
Dr.Byamungu Livingstone witabyimana
Byamungu Livingstone yamenyekanye nk’umuyobozi muri Banki y’Igihugu y’Iterambere (BRD) ariko kugeza ubu yari yaravuyemo asigaye yikorera akaba yitabye Imana ari kumwe n’abana be bane mu gihe umufasha we ari we gusa usigaye n’ubwo nawe amerewe nabi cyane.Hari ibindi bitangazamakuru byavugaga ko ari umugore wa Dr. Byamungu Livingstone warokotse wenyine .
12,617 total views, 3 views today
4 Comments
Njye nakoranye na Dr. Byamungu Livingston Byamungu muri PSF yatubereye umuntu kandi yakoreraga muri team. Imana imwakire hamwe n’abana be ni abaziranenge.
Njye nakoranye na Dr. Byamungu Livingston Byamungu muri PSF yatubereye umuntu kandi yakoreraga muri team. Imana imwakire hamwe n’abana be ni abaziranenge. Tuzahora tumwibuka
nakundi umugore yihangane nibintu bibaho mubuzima njye niganye nabana be
nakundi umugore yihangane nibintu bibaho mubuzima njye niganye nabana be