umu amakuru- Nyuma y’amezi 8 ari muri Gereza, Gacinya wahoze ayobora Rayon Sports yagizwe umwere | Umusingi

Nyuma y’amezi 8 ari muri Gereza, Gacinya wahoze ayobora Rayon Sports yagizwe umwere

Please enter banners and links.

Gacinya Chance Deny wahoze ari umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports wari umaze amezi 8 ari muri gereza yagizwe umwere kuri uyu wa gatanu n’urukiko rwa Rusizi, rwahise runategeka ko uyu mugabo ahita arekurwa ako kanya.

Gacinya Chance Denis yatawe muri yombi tariki ya 19 Ukuboza umwaka ushize wa 2017, azira kuba kompani ye y’ubwubatsi yaba yaranyereje umutungo wa leta.

Ni icyaha uyu mugabo yari amaze hafi amezi 8 akurikiranyweho n’ubutabera bw’u Rwanda, we n’umugabo witwa Gataha Jean Paul bakaba bagizwe abere nyuma yo gusanga iki cyaha kitabahama. Ubushinjacyaha bumurega ko kampani ye yagiranye amasezerano yo gushyira amapoto n’amatara ku mihanda 11 yo mu karere ka Rusizi, akaza kwishyuza amafaranga y’ikirenga, ndetse ngo n’imirimo ntiyayirangije bitera igihombo Leta

Gacinya yafunzwe asigaye ari V/P wa Rayon Sports, wungirije Muvunyi

Dosiye ubushinjacyaha bwashyikirije ubutabera bw’u Rwanda ivuga ko yishyuwe miliyoni 495, mu gihe yakoze imirimo ingana na 87% by’ibyo yagombaga gukora, ndetse ngo imirimo yari gukora yahawe indi sosiyete na yo yishyurwa asaga miliyoni 300 ibyo ngo byateje Leta ibihombo, nk’uko Umuseke ubitangaza dukesha iyi nkuru.

myaka 2 yamaze ayobora Rayon Sports, iyi kipe yayihayemo ibikombe 3 bitegurwa na FERWAFA, ikintu kitari cyarabayeho mu myaka irenga 10

Gacinya Chance Deni ibi byose baje gusanga nta na kimwe kimuhama, nyuma y’igihe kinini aburana, urukiko rwanzura ko agomba kurekurwa.

Chance Deny yabaye umuyobozi wa Rayon Sports muri 2015. Icyo gihe yasanze iyi kipe ifite abakunzi benshi mu Rwanda kurusha izindi iri mu bibazo bitandukanye, nta n’igikombe iheruka, kuko hari hashize imyaka 2 byarayinaniye.

Yafashije Rayon Sports gutwara igikombe cy’amahoro n’igikombe cya shampiyona mu myaka 2 yakurikiyeho. We na bagenzi be bari bafatanyije kuyobora iyi kipe, bubatse ikipe ikomeye yageze ku muryango w’amatsinda ya Confederation Cup umwaka ushize, mbere yo kuva ku buyobozi bw’iyi kipe, akaba V/Perezida.

Gacinya ni we wari wagize uruhare agarura Karekezi, waje gusubira i Burayi adasezeye uyu mugabo amaze iminsi afunzwe

Yagize igikundiro mu bakunzi b’iyi kipe ya Rayon Sports kuko ari mu bayobozi bacye batinyutse kujya bagura abakinnyi b’ibikomerezwa muri APR FC, byatumye agira abakunzi benshi b’iyi kipe baukunda.

Gacinya yakunzwe cyane n’abafana ba Rayon Sports kubera ahanini abakinnyi yazanaga muri iyi kipe, benshi batanabikeka

Rayon Sports muri uyu mwaka yanditse amateka yo kugera mu matsinda y’imikino nyafurika ku nshuro ya mbere ku ikipe yo mu Rwanda, ikipe ku rugero rwa 90% yubatswe n’uyu mugabo n’abo bari bfatanyije kuyiyobora.

Asanze iyi kipe ikiri muri iyi mikino y’amatsinda, n’ubwo itayihagazemo neza. Akimara gufungwa byagoye cyane Karekezi Olivier yari yasize ari umutoza w’iyi kipe, wagiye avuga ko yananijwe cyane na Perezida w’iyi kipe kuri ubu, bigatuma ahitamo kwisubirira i Burayi atanasezeye.

Rayon Sports yasoje ku mwanya wa 3 muri shampiyona, ikaba isigaje amahirwe amwe mu gikombe cy’amahoro, kureba ko yazongera guhagararira u Rwanda umwaka utaha.

Source:Ruhagoyacu

 

 

 

2,789 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.