umu amakuru- Olivier Karekezi wari wishimiwe gutoza ikipe ya Rayon Sports yambuwe umwanya yari yahawe w’ubutoza | Umusingi

Olivier Karekezi wari wishimiwe gutoza ikipe ya Rayon Sports yambuwe umwanya yari yahawe w’ubutoza

Please enter banners and links.

Olivier Karekezi  wari wagizwe umutoza Mukuru wa Rayon Sports hamwe n’abari bamwungirije, muri iki cyumweru yambuwe uyu mwanya ushyirwa ku isoko nyuma y’aho inama y’umuryango wa Rayon Sports yemeje ko yahawe akazi mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza.

Inama y’umuryango wa Rayon Sport yateraniye ku cyicaro cyayo kuri uyu wa 21 Nyakanga  2017 yavuze ko hashingiwe ku mategeko shingiro agenga iyi kipe, mu ngingo ya 28, ivuga ko komite nyobozi ariyo ishinzwe “gushaka, gushyiraho no gusezerera abakozi bo mu nzego zinyuranye z’umuryango”, uyu mwanya usubijwe ku isoko.

Itangazo ubuyobozi bw’iyi kipe bwashyize ahagaragara rivuga ko abifuza gutoza iyi kipe bagomba kugeza ibyangombwa byabo ku cyicaro gikuru cy’umuryango, nyuma komisiyo yashyizweho ishinzwe igura n’igurisha ikaba ariyo izahitamo umutoza mwiza mu bazaba basabye akazi.

Umutoza Karekezi Olivier yari yahawe akazi n’ubuyobozi bwa Rayon Sports FC asimbuye Masoudi Djuma weguye ku gutoza iyi kipe.

2,450 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.