umu amakuru- Ababyeyi bahangayikishijwe n’inkuru y’Umukozi wiyemereye ko yafashwe aroha abana yareraga muri Nyabarongo | Umusingi

Ababyeyi bahangayikishijwe n’inkuru y’Umukozi wiyemereye ko yafashwe aroha abana yareraga muri Nyabarongo

Please enter banners and links.

Nyuma y’aho ku gicamunsi cyo kuwa Gatatu tariki 28 Kamena 2017, umukozi wo mu rugo wakoraga mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, yafatiwe kuri Nyabarongo arimo kurohamo abana babiri b’abakobwa yareraga, kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2017 yagejejwe imbere y’ubutabera, yiyemerera icyaha anasaba imbabazi.

Uyu mukozi witwa Munezero Ernestine, yakoraga imirimo yo mu rugo rwa Ngendahimana Peter mu mudugudu wa Kabasanza, mu kagari ka Gihara, mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi. Ni umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 23 y’amavuko. Aha yakoraga, ninaho iburanisha ryabereye mu ruhame, ahari imbaga nini y’abaturage.

Bamwe mu babyeyi baganiriye n’Ikinyamakuru Umusingi ariko badusaba kudatangaza amazina yabo bavuze ko inkuru y’umukozi wo murugo wafashwe aroha abana ibateye impungenge ko nabo basigira abana babo abakozi.

Umwe muri bo yagize ati “ubu se nzajya njya ku kazi umutima usigare ku bana n’akazi sinzi ko nzagashobora kuko nzajya mbyibuka ntekereze ko hari ibindi bibi umukozi ashobora kugirira nabi abana banjye”.

Uyu mukozi yaburanye adafite abamwunganira mu mategeko, yiyemereye ko yafashe abana babiri b’abakobwa yareraga, umwe w’imyaka ine n’undi w’imyaka itatu, akabavana mu rugo agatega moto bagiyeho ari batatu, akabajyana kuri Nyabarongo, aho yafashwe n’abakozi bakora mu bisheke byo mu gishanga cya Nyabarongo, amaze gushyira abo bana mu kidendezi cyo kuri uwo mugezi.

Yiyemerera ko yabikoze agamije kubica, ndetse akanabisabira imbabazi, ariko akanavuga ko yabitewe n’uko shebuja yamuhohoteraga, n’ubwo ibi bitavuzweho rumwe kuko yabuze ibimenyetso cyangwa abatangabuhamya baba bazi iby’iryo hohoterwa avuga ko ryatumye ashaka kwihimura.

Ubushinjacyaha bwasabiye uyu Ernestine Munezero ko yakatirwa n’urukiko igifungo cya burundu, umucamanza yanzura ko urubanza ruzasomwa tariki 26 Nyakanga 2017, ari nabwo hazamenyekana imyanzuro y’ubucamanza ku cyaha uyu mukozi akurikiranyweho.

Ernestine Munezero yari amaze imyaka irenga ine akora mu rugo rwa Ngendahimana Peter, ndetse abo bana bose bavutse akora muri urwo rugo nk’uko uwo Ngendahimana Peter yabihamirije. Avuga ko nta kibazo bazi bari bafitanye, ibyo yisobanura avuga nabyo ngo ni amatakirangoyi, bagakeka ko ari umuntu waba waramushutse ngo ahemukire kwa shebuja.

 

 

2,663 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.