
Ikipe ya Barcelona yagarukanye akayabo ka £137m ishaka Philippe Coutinho
— August 15, 2017

Please enter banners and links.
Ikipe ya Barcelona FC irimo gushakisha umukinnyi wa Liverpool FC Philippe Coutinho hasi hejuru kutamubura nyuma yo kugerageza inshuro 2 zose izana amafaranga Liverpool ikayanga ivuga ko itagurisha.
Ubu ibitangazamakuru bizindutse bivuga ko ikipe ya Barcelona FC yagarukanye akayabo ka Miliyoni £137 aho ivuga ko ayo Liverpool itazayanga.

Lionel Messi na Suarez bareba ko Coutinho aje n’indege

Philippe Coutinho w’ikipe ya Liverpool ushakishwa bikomeye na Barcelona

Klopp ibibazo byamubanye byinshi kubera Coutinho ushaka kugenda kandi ariwe wari umufatiye runini
Kuwa gatandatu ikipe ya Liverpool yanganyije na Watford ibitego 3 kuri 3 nyuma yaho Philippe Coutinho atagaragaye mu kibuga bitangira kuvugwa ko yasabye ko ikipe ya Liverpool imwemerera akagurishwa.
Ikipe ya Liverpool yari imaze kwizera ko itsinze umukino kuko yari ifite ibitego 3 kuri 2 ariko nkuko abafana ba Liverpool babivugaga ko ikipe ya Liverpool ikunda kwishyurwa mu minota ya nyuma niko byagenze kuko ku munota wa 93 ku minota 5 yari yongejwe nibwo ikipe ya Watford yishyuye umukino urangira ari ibitego 3 kuri 3 bamwe bati kubera iki Philippe Coutinho atakinnyi ari ukubera ko ashaka kujya muri Barcelona.
Ikipe ya Liverpool ikaba yaraguze umukinnyi umwe gusa ukomeye ariwe Salah mu gihe izindi kipe nka Manchester United yaguze abakinnyi benshi ndetse na Manchester City bikaba bivugwa ko Liverpool izahura n’ibibazo kubera kutagura abakinnyi kandi izakina Champions League.
Ikipe ya Liverpool akenshi igira ikibazo cya ba myugariro cyananiranye gukemuka mu myaka 10 ishize n’ubwo irimo gushakisha myugariro wa Southmpton Van Jik ariko uwahoze ari myugariro wa Liverpool Carragher avuga ko Liverpool ikeneye kugura abakinnyi bakomeye niba ishaka gutwara ibikombe nyuma yo kumara imyaka irenga 20 ataratwaraho Premier League kuva yatangira kwitwa gutyo.
Barcelona ikaba ishaka Philippe Coutinho kugirango asimbure Neymar wagurishijwe mu ikipe ya PSG akaba ariwe mukinnyi wa mbere ku isi wagurishijwe menshi mu mateka aho yagurishijwe Miliyoni £196.
Ndayambaje F
3,562 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply