umu amakuru- Perezida Kagame yatashye ku mugaragaro ikibuga cya Club Rafiki gishya | Umusingi

Perezida Kagame yatashye ku mugaragaro ikibuga cya Club Rafiki gishya

Please enter banners and links.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Kanama 2017 Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ikibuga cya Basketball cyubatswe n’umuryango udaharanira inyungu wa Giants of Africa washinzwe na Masai Ujiri.

Masai Ujiri usanzwe ari n’umuyobozi w’ikipe ya Toronto Raptors, hamwe n’abo bakorana, ari mu Rwanda kuva ku Cyumweru, aho yitabiriye ibikorwa bya Giants of Africa.

Uyu muryango udaharanira inyungu, wiyemeje kuzamura imibereho y’abana muri Afurika, binyuze mu mukino wa Basketball, ukaba warasannye ikibuga cya Club Rafiki giherereye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali.

Ubwo yatahaga ku mugaragaro iki kibuga, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko urubyiruko rwa Afurika rufite impano nyinshi ariko zidashobora kugaragara igihe rutabonye amahirwe yo kwigaragaza.

“Urubyiruko rwa Afurika rufite impano nyinshi zidashobora kugaragara nta mahirwe rubonye nk’aya mwaruhaye.’’

Perezida Kagame ubwo yatahaga kumugaragaro ikibuga cya Club Rafiki i Nyamirambo.

Uretse u Rwanda, Giants of Africa bakorera kandi muri Uganda, Kenya, Nigeria, Ivory Coast na Senegal, aho bazagira umwanya wo gusura urubyiruko rubarizwa muri ibi bihugu muri uku kwezi kwa munani.

 

 

2,827 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.