Roger Federer yegukanye Wimbledon aca agahigo
— July 16, 2017
Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 16 Nyakanga 2017 Umusuwisi w’imyaka 35, Roger Federer yatwaye Wimbledon, irushanwa rikomeye muri Tennis, aba aciye agahigo ko kuryegukana ku nshuro ya munani, ndetse aba n’umukinnyi ukuze ubashije kwegukana irushanwa rihuza ababigize umwuga n’abatarabigize umwuga mu Bwongereza.
Roger Feder yegukanye iri rushanwa atsinze Umunya Croatia Marin Čilić, amutsinze amaseti 3-0 (6-3 6-1 6-4) mu mukino wamaze isaha imwe n’iminota 41, iyi Wimbledon ya munani yegukanye ni Grand Slam ya 19 kuri uyu musuwisi.
Wari umukino ukomeye dore ko wari n’uwa nyuma wakinwe kuri iki cyumweru tariki ya 16 Nyakanga, ariko ntiwahiriye Marin Čilić kuko yaje kuwugiriramo imvune yatumye kwihangana bimunanira asuka amarira mu iseti ya 2.


Nyuma y’Umukino, Feder yashimiye Marin ndetse aranamwihanganisha, ati “Rimwe na rimwe biba bikomeye cyane, ariko yahatanye neza ndetse ni intwari. Ndamushimiye ku irushanwa ryiza yagize.”

Marin Čilić yageze ku mukino wa nyuma asezereye Sam Austin Querrey muri ½ cy’irangiza, amutsinze amaseti 3-1, mu gihe Roger Feder we yasezeye Tomáš Berdych wo muri Repubulika ya Czech amutsinze amaseti 3-0.
2,613 total views, 1 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply