umu amakuru- Christiano Ronald agiye kugurishwa Miliyoni £880 | Umusingi

Christiano Ronald agiye kugurishwa Miliyoni £880

Please enter banners and links.

Perezida w’ikipe ya Real Madrid Florentino Perez nyuma y’uko Christiano Ronald avuze ko ashaka kuva mu ikipe yakiniraga agiye kugurishwa akayabo ka Miliyoni £880.

Ibitangazamakuru bikomeye ku isi muri siporo nka The Sun byagaragaje ko uyu mukinnyi azaba aciye agahigo ko kugurishwa amafaranga menshi mu mateka y’umupira w’amaguru.

Perezida wa Real Madrid Perez ari kumwe na Christiano Ronaldo

Christiano Ronaldo ushakishwa n’ikipe ya Manchester United bwa kabiri

Ikipe ya Manchester United ikaba ariyo imushaka cyane kurusha andi makipe hagakurikiraho ikipe ya PSG n’andi makipe nka Chelsea na Manchester City .

Ibi Perezida wa Real Madrid akaba yabitangarije radio imwe yo mu gihugu cya Spain yitwa Onda Cero:akaba yagize ati “sindavugana na Christiano Ronaldo kuva ubwo ikipe yatwaraga Champions League ,ibyo kugenda kwe mbyumva mu binyamakuru gusa ariko ikipe yumva ifite Miliyoni £880 izaze imutware.

Amakuru akaba avuga ko Christiano Ronaldo ufite Ballon d’Or 4 akaba yamaze kubwira ushinzwe kumushakira isoko ko agomba kumushakira indi kipe akava muri Real Madrid.Ibi bije nyuma yo kumushinja ko yanyereje imisoro ariko ikipe ya Real Madrid ikaba ivuga ko izamwishyurira iyo misoro n’amande azacibwa.

Ndayambaje F

 

2,861 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.