Rwatubyaye asabye imbabazi abakunzi ba Rayon Sports, anatangaza ko yaje gukinira iyi kipe">
Rwatubyaye asabye imbabazi abakunzi ba Rayon Sports, anatangaza ko yaje gukinira iyi kipe
— February 13, 2017
Please enter banners and links.

Umukinnyi Rwatubyaye Abdul, wari umaze iminsi atagaragara mu Rwanda kuri ubu yamaze kugera i Kigali, akaba aranatangira imyitozo hamwe n’ikipe ya Rayon Sports kuri iki gicamunsi kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.
“ Naraye ngarutse mu Rwanda, nabamaga mu gihugu cya Turkey, aho nari nagiye mu igeragezwa mu ikipe zaho, ariko ntibyaje gukunda,” Abdul ku murongo wa Telefoni aganira na Radio 10.
“ Njya gusinya amasezerano muri Rayon Sports,hari abantu twavuganaga, niho nahise njya.”
Uyu musore yavuze ko yemera ko yakoze amakosa guta akazi, ariko ubu yiteguye gutangira gukina.
“ Ndasaba imbabazi abayobozi ba Rayon Sports cyane, by’umwihariko kandi nsabye imbabazi n’abakunzi ba Rayon Sports, ariko ubu niteguye gutangira gukinira iyi kipe, kandi ndizera ko nzahagira ibihe byiza,” Myugariro mpuzamahanga w’umunyarwanda.
Abajijwe na Radio 10 impamvu yafashe icyemezo cyo kuva muri APR FC yamureze akajya muri Rayon Sports, akenshi bidakunze kubaho, uyu musore yavuze ko bibaho.
“ Bibaho ko umukinnyi ahindura ikipe, nanjye narabikoze. APR FC ni ikipe nziza, nayigizemo ibihe byiza, ariko byabayeho ko mpindura.”
“ Ndashimira cyane ubuyobozi bwa APR FC, baramfashije cyane aho njyeze, ndanashimira abakunzi bayo, mu myaka twabanye yose.”
Rwatubyaye aragaragara mu mikino yo kwishyura ya shampiyona, akaba anafite ibyangombwa bimwemerera kuba yakina imikino ya CAF, ahereye ku mukino wa Wau Salaam.
Umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports akaba yabwiye RuhagoYacu, ko Rwatubyaye no ku cyumweru yakina, ariko bizaterwa n’uko umutoza azamubona mu myitozo.
2,313 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply