Sadate wari uyoboye Rayon Sports na komite ye birukanywe, abanyamakuru bangiwe kwinjira mu kiganiro n’abanyamakuru.
— September 22, 2020
Please enter banners and links.

Munyakazi Sadate na bagenzi be bari abayobozi ba Rayon Sports bambuwe ububasha bwo gukomeza kuyobora iyi kipe nyuma y’igihe kinini ivugwamo ibibazo byagejeje n’aho inzego za leta zifata iya mbere mu kubikemura.
Amakuru agera ku Kinyamakuru Umusingi ni uko mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri habaye inama ihuje inzego ziyobora Rayon Sports ndetse n’uruhande rw’abahoze mu buyobozi bwayo. Uruhande rw’ubuyobozi ruhagarariwe na Munyakazi Sadate mu gihe uruhande rw’abatavuga rumwe nawe ruhagarariwe na Muvunyi Paul.
Bivugwa ko hanzuwe ko Munyakazi na bagenzi be bagomba kuva ku buyobozi bw’iyi kipe ya Rayon Sports kandi ko batagomba kugaruka muri komite nshya iyobora iyi kipe.
Ikindi ni uko uruhande rurimo abahoze mu buyobozi narwo rutemerewe kugaragara muri komite nshya, igomba gushyirwaho mu gihe kitarenze iminsi ibiri. Abazaba bagize iyo komite bivugwa ko bazagenwa n’izi mpande zombi, ubundi hakaba ihererekanyabubasha.



Ikigankiro n’abanyamakuru cyateguwe na Minisiteri ifatanije na RGB kikaba cyabereye muri Kigali Arena aho bamwe mu banyamakuru bangiwe kwinjira muri icyo kiganiro n’abanyamakuru kubera COVID-19.
Amakuru aravuga ko Rayon Sports ifite ibihumbi Magana abiri kuri konte ndetse ifite ideni rya Miliyoni 800 inkuru irambuye tukaba tukiyikurikirana.
Amakuru avuga ko Sadate yasanze ibihumbi icumi kuri konte ya Rayon Sports ubu akaba asizeho ibihumbi Magana abiri ariko akaba yarayinjije mu bihombo bya Miliyoni 200.
3,074 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply