Liverpool yatwaye Shampiyona y’Ubwongereza igiye guhura na Arsenal mukanya ,umukino witezweho gushimisha abawureba
— August 29, 2020
Please enter banners and links.

Mu kanya saa kumi n’imwe n’igice hategerejwe umukino utangiza Shampiyona y’u Bwongereza (English Premier League)uhuza Liverpool na Arsenal mu gikombe kitwa Community Shield .
N’umukino utangiza Shampiyona y’u Bwongereza ariko uwo mukino ikipe itsinze itwara igikombe bityo Liverpool nkuko bisanzwe n’iyo ihabwa amahirwe yo gutwara icyo gikombe kubera ko sezo (Season)ishize yatsinze amakipe menshi ndetse itwara igikombe hakibura imikino myinshi.
N’ubwo mu mikino Liverpool yakinnye ya nyuma harimo n’uwo yahuye na Arsenal ndetse Arsenal ikaba yaratsinze Liverpool ariko bamwe mu bafana ba Liverpool bakaba baravugaga ko impamvu Arsenal yayitsinze ni uko yo yari yaramaze gutwara igikombe nta mpamvu yatumaga ishyiramo imbaraga cyane.


Umutoza wa Liverpool Jurgen Klopp

Umutoza wa Arsenal Arteta


Kimwe ni uko bishoboka ko Arsenal yongera igatsinda Liverpool kuko umupira ntugira formula n’iyo ikipe yaba ikomeye agakipe gashobora kuyitsinda nkuko bavuga ngo umupira uridunda na Arsenal ishobora kongera igatsinda Liverpool.
Arsenal ubu ikaba ihagaze neza nyuma yo kugura Willian yaguze muri Chelsea ashobora kuyifasha igatwara igikombe cya Community Shield kuri uyu wa gatandatu tariki 29 Kanama 2020 nyuma yo gutwara igikombe cya FA sezo ishize.
Ubundi ikipe zikinira iki gikombe mu mukino utangiza Shampiyona y’u Bwongereza ni ikipe iba yaratwaye igikombe cya Shampiyona n’ikipe iba yaratwaye igikombe cya FA bityo Liverpool ikaba ariyo yatwaye igikombe cya Shampiyona mu gihe Arsenal ariyo yatwaye igikombe cya FA .
Iyo ikipe imwe itwaye igikombe cya Shampiyona ikanatwara FA nkuko Man City yabikoze umwaka washize ibitwaye byombi ikina Community Shield n’ikipe iba yabaye iya kabiri muri Shampiyona n’iyo mpamvu Liverpool umwaka ushize yakinnye na Man City kubera ko Man City yari yabitwaye byombi hanyuma Liverpool iba iya kabiri.
Ndayambaje F
2,802 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply