Premier League ,UEFA Champions League, Europa League byahagaritswe
— March 13, 2020
Please enter banners and links.

Amakuru atashimishije abafana cyangwa abakunzi b’umupira ni uko amarushanwa akomeye ku mugabane w’Uburayi, arimo Shampiyona y’u Bwongereza na UEFA Champions League yabaye ahagaritswe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cy’indwara ya coronavirus.
Coronavirus yemejwe nk’icyorezo cyibasiye Isi, imaze guhitana abantu barenga 4,749, mu gihe abayanduye bagera ku 129,590 mu bihugu 118. Muri bo 68,670 bamaze kuyikira.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’u Burayi, UEFA, yatangaje ko imikino y’amarushanwa yayo, Champions League na Europa League, yari iteganyijwe mu cyumweru gitaha, yose yasubitswe.
Ni imikino yo kwishyura muri 1/8 cya Champions League yari kuba ku wa 17 no ku wa 18 Werurwe 2020, aho Manchester City yari guhura na Real Madrid, Juventus igahura na Lyon, Barcelone ikakira Napoli mu gihe Bayern Munich yari kuzakira Chelsea.
Hari kandi n’imikino ya 1/8 yo kwishyura muri Europa League, yari kuzaba ku wa Kane utaha, tariki ya 19 Werurwe 2020.
UEFA yatangaje ko kandi na tombola y’icyiciro gikurikira, ¼, yari kuzaba ku wa Gatanu, tariki ya 20 Werurwe, na yo yasubitswe bitewe n’iki cyorezo cyibasiye Isi yose.


Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru i Burayi, yatangaje ko ku wa Kabiri utaha, tariki ya 17 Werurwe, hazaba inama yo kwiga uburyo amarushanwa yayo yakomeza kubamo cyangwa agahagarikwa. Ikazakorwa hifashishijwe amashusho (video conference).
Igikombe cy’u Burayi (EURO 2020) cyagombaga kuba mu mpeshyi, gishobora kwimurirwa mu mwaka utaha wa 2021.
Premier League yo mu Bwongereza nayo yahagaritswe
Nyuma y’uko umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, umukinnyi wa Chelsea, Callum Hudson-Udoi, bagarayeho coronavirus ndetse hakaba hari abakinnyi bashyizwe mu kato nyuma yo kugaragaza ibimenyetso, muri Leicester City na Everton, abayobora umupira w’amaguru mu Bwongereza bafashe icyemezo cyo guhagarika imikino kugeza tariki ya 3 Mata 2020.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Bwongereza, FA, ryavuze ko kandi imikino ibiri iki gihugu cyari kuzakina n’u Butaliyani tariki ya 27 Werurwe na Denmark nyuma y’iminsi ine, yombi yabaye isubitswe.
Byitezwe ko Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) izasubukurwa tariki ya 4 Mata 2020.
Shampiyona ya Espagne, La Liga, iy’u Bufaransa, Ligue 1 n’iy’u Budage, Bundesliga, nazo zamaze guhagarikwa kubera coronavirus.
3,321 total views, 3 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply