APR FC yahaye abafana bayo ibyishimo bya Noheli n’Ubunani itsinda Rayon Sports ibitego 2,Ubuyobozi bw’iyi kipe busaba imbabazi abafana
— December 22, 2019
Please enter banners and links.

Kuri Stade Nkuru y’u Rwanda, Amahoro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Ukuboza 2019 umukino wa nyuma w’ikiciro cya mbere cya Shampiyona ya 2019-2020 APR FC yatsinze mukeba wayo Rayon sports ibitego 2-0.
APR FC yahaye abafana bayo ibyishimo bya Noheli n’Ubunani nyuma yo kubatsindira mukeba wabo Rayon Sports aho byagaragaye ko APR iri ku rwego rwo hejuru cyane kurusha Rayon Sports kuko APR yahawe ikarita itukura basigara mu kibuga ari abakinnyi 10 ariko iranga iratsinda. Perezida wa Rayon Sports yasabye abafana gukomeza kuba hafi y’ikipe yabo no mu mikino yo kwishyura kuko bigishoboka ko Rayon Sports yakongera gutwara Shampiyona nk’uko yabikoze mu mwaka ushize w’imikino.
Ati “Mwatubaye hafi imikino 15 ishize ni iby’agaciro, ndabasaba ko mutuba hafi indi mikino 15 isigaye ndetse n’ibindi bikorwa binyuranye by’ikipe. Twatakaje umukino ariko ntitwatakaje Shampiyona, mureke dukorere hamwe, byose birashoboka.’’
Rutahizamu wa Rayon Sports, Michael Sarpong, na we yasabye imbabazi abafana bitewe n’umusaruro we na bagenzi be batanze kuri uyu mukino batsinzwemo na APR FC, abizeza kugaruka mu nzira zo gutsinda vuba bidatinze.



APR FC

Rayon Sports FC




Abatoza ba Rayon Sports

Abakinnyi ba APR bishimira igitego bari batsinze
Ati ‘’Nkanguwe n’agahinda ndetse ndababaye. Birashoboka uko twitwaye ejo bidakwiye. Ku bihumbi byose by’abafana byari byaje kudushyigikira ejo hashize, turabakunda mwese kandi turizera ko mutazadutererana, mugakomeza gushyikira iyi kipe idasanzwe.’’
“Tuzakomeza guhangana kandi turizera ko tuzongera kwegukana igikombe uyu mwaka. Nta bafana nabonye bashyigikira ikipe yabo nk’aba Gikundiro. Turabakunda kandi tuzagaruka mu bihe byacu vuba! Ubururu hamwe kandi iteka ryose mu mitima yacu. Tugendere mu cyizere, atari ibyo tureba.’’
Wabaye umukino wa kabiri Rayon Sports yatakaje muri iyi mikino ibanza, nyuma y’uwa Sunrise FC yatsinzwe ku munsi wa gatanu wa Shampiyona.
Rayon Sports izagaruka mu kibuga tariki ya 5 Mutarama 2019, yakira Gasogi United mu mukino w’umunsi wa 16 wa Shampiyona.
3,429 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply