umu amakuru- Liverpool itsinze Tottenham mu mukino wari utegerejwe na benshi Arsenal inganya na Crystal Palace abafana basaba ko umutoza yirukanwa(Vidios) | Umusingi

Liverpool itsinze Tottenham mu mukino wari utegerejwe na benshi Arsenal inganya na Crystal Palace abafana basaba ko umutoza yirukanwa(Vidios)

Please enter banners and links.

Kuri iki cyumweru  tariki 27 Ukwakira 2019 nibwo hari hategerejwe umukino ukomeye muri shampiyona y’uBwongereza Premier League aho abenshi bari bategereje ko ikipe ya Liverpool itsindwa na Tottenham ubwo zahuraga ku kibuga cya Liverpool Anfield Lord.

Umukino ugitangira ikipe ya Tottenham yahise ibona igitego abafana ba Arsenal na Manchester United na Man City bati Liverpool ibyayo birarangiye igice cya mbere kirangira ari igitego kimwe ku busa bwa Liverpool.

Mu gice cya kabiri ikipe ya Liverpool yakomeje gusatira izamu rya Tottenham iza kubona igitego mu minota ya mbere y’igice cya kabiri irakomeza irasatira ku buryo myugariro wa Tottenham yakoreye ikosa Sadio Mane mu rubuga rw’umuzamu umusifuzi atanga Penalite yatsinzwe na Mo Salah atsinda igitego cya kabiri mu gihe icya mbere cyari cyatsinzwe na Henderson .

Igitego cya Tottenham cyatsinzwe na Kane ,umukino warangiye Liverpool itsinze ndetse ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona iri ku mwanya wa mbere n’amanota 28 mu mikino 10 ariko Liverpool ikaba imaze kunganya umukino umwe gusa yanganije na Manchester United ,Liverpool ikaba izakurikizaho Aston Villa igakurikizaho Man City zihanganye.

Liverpool muri uyu mukino wayo wa 10 ikaba yakinnye isatira izamu rya Tottenham cyane ikibuga bagikasemo kabiri ndetse ikaba yari gutsinda ibitego byinshi ariko umuzamu wa Tottenham aba ibamba kuko yakuyemo ibitego byinshi ku buryo Liverpool iba yatsinze hafi ibitego 5 byose ariko umuzamu yakoze akazi katoroshye akuramo imipira.

Ahandi Arsenal yari murugo yakiriye ikipe ya Christal Palace ,Arsenal itsinda ibitego bibiri ariko Christal Palace iva inyuma irabyishyura umukino urangira ikipe zombie zinganyije.

Abafana ba Arsenal bakaba batishimiye uyu mutoza ndetse basaba ko yakwirukanwa aho bamushinja ko ikipe imunaniye kuko buri gihe aho isabwa gutsinda ngo ize mu za mbere iratsindwa ,ubu Arsenal ikaba ari ku mwanya wa 5 n’amanota 16 mu gihe Cristal Palace iri ku mwanya wa 6 n’amanota 15.

Manchester United nayo yari yakinnye na Norwich City itsinda ibitego 3 kuri kimwe ariko Man United ikaba yahawe penalite 2 zose bazifata imwe yahawe Rashford indi ihabwa Martial bombi bakaba baziteye umuzamu azikuramo.

Manchester ikaba yari ku mwanya uteye isoni wa 15 ariko ubu ikaba izamutse ku mwanya wa 7 ariko bitewe n’uburyo nayo yasubiye inyuma cyane kubera umutoza wayo Ole wagurishije abakinnyi bakomeye ntagure ababasimbura akaba yaragurishije Lukaku na Sanchez.

Abafana bakaba bibaza uzajya atera penalite kuko Rashford niwe wari wahiswemo ariko bamaze kuzifa inshuro nyinshi nyuma y’uko Pogba nawe wayiteye bakayifata kandi ariyo yari igiye kubahesha amanota 3 ariko barayifata bahitamo ko Rashford ariwe uzajya azitera ariko nawe bamaze kuzifata kenshi ku buryo abafana bafite ikibazo cy’umukinnyi uzajya abaterera penalite.

 

 

 

Ndayambaje F

 

3,510 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.