umu amakuru- Ikipe ya Arsenal yakoze amateka igura umukinnyi uyihenze Alexandre Lacazette | Umusingi

Ikipe ya Arsenal yakoze amateka igura umukinnyi uyihenze Alexandre Lacazette

Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 5 Nyakanga 2017 abafana b’ikipe ya Arsenal FC bari mubyishimo bikomeye nyuma y’umutoza wabo Arsene Wenger kugura rutahizamu uhenze kuko mu mateka yiyi kipe yari itaraguraho umukinnyi uhenze nka Alexandre Lacazette waguzwe  Miliyoni £52.

Alexandre Lacazette w’imyaka 26 yaguzwe mu ikipe ya Lyon akaba yasinye amasezerano yo gukinira Arsenal imyaka 5.

Umutoza Arsene Wenger n’ubwo yaguze rutahizamu bakeka ko ari mwiza ariko umutoza akaba atarishimiwe n’abafana kubera uburyo iyi kipe yatsinzwe imikino myinshi sezo ishize ndetse ikananirwa kuza mu ikipe enye za mbere ikaba itazakina na Champions League.

N’ubwo arimo kugura abakinnyi bahenze ariko biravugwa ko ashobora kubura abandi bakinnyi bari bakunzwe muri iyi kipe ya Arsenal barimo Sanchez ushobora kwerekeza mu ikipe ya Manchester City aho azasangayo uwahoze ari mutoza we mu ikipe ya Barcelona ndetse na Olivier Giroud akaba ashobora kwerekeza mu ikipe ya Everton FC kandi yarakomeje kubarokora byakomeye.

Ikipe ubu zirimo kugura abakinnyi kugirango zitegure sezo itaha izataangira mu kwezi kwa munani aho buri kipe ishaka gutwara igikombe.

Alexandre Lacazette ikaba amaze kuba umukinnyi urusha abandi ibitego byinshi muri League 1 mu Burafaransa inshuro eshatu zose ndetse yabaye n’umukinnyi w’umwaka.

Ndayambaje F

 

2,759 total views, 3 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.