umu amakuru- Somaliya: Igisirikare cyishe abarwanyi ba Al-Shaba 13 | Umusingi

Somaliya: Igisirikare cyishe abarwanyi ba Al-Shaba 13

Please enter banners and links.

Mu ijoro ryakeye Kuwa 4 Nyakanga 2017  ingabo za leta ya Somaliya zagabye igitero ku basirikare b’umutwe w’iterabwoba wa Al shabab bahitana abantu 13 naho 10 barakomereka. Iki gitero cyabereye mu gace ka Kismayo ahagana mu majyaruguru ya Somaliya.

Ahmed Abdullah Issa, umuyobozi wungirije w’ingabo za somaliya ziri mu gace ka Jubba, ari naho Kismayo iherereye, yatangaje ko bagabye iki gitero kuko bari bafite amakuru yuko uyu mutwe washakaga gutera ibirindiro by’ingabo za Leta biri mu birometero 500,uvuye mu murwa mukuru wa Mogadishu.

Issa, akomeza avuga ko bahagera basanze hari abasirikare buyu mutwe barenga 100 bari mu bihuru, bakabarwanya bagakwira imishwaro. Nyuma y’imirwano, ingabo za leta zeretse abaturage batuye aka gace imirambo y’ingabo z’uyu mutwe zari zimaze kwicwa.

Ibi bibaye bikurikira igitero cyahitanye abasirikare babanya Kenya 2, naho 7 bakaburirwa irengero mu gitero cyigambwe n’uyu mutwe mu gace ka Pandanguo gahana imbibi n’igihugu cya Somaliya.

Al shabab ikaba nanone yari iherutse gushyira hanze amafoto yabo n’ibirwanisho bikomeye ku munsi mukuru w’Abayisiramu Idi Rufitiri mu rwego rwo kwereka Isi ko nabo bahari kandi bizihiza umunsi mukuru w’Aayisiramu ariko bo bawizihiza berekana ibirwanisho.

Rwego Tony

 

3,140 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.