umu amakuru- Rwatubyaye Abdul agiye kugaruka mu Rwanda | Umusingi
<img src=Rwatubyaye Abdul agiye kugaruka mu Rwanda">

Ue6Wgx3Rwatubyaye Abdul agiye kugaruka mu Rwanda

Please enter banners and links.

Ue6Wgx3

Rwatubyaye Abdul wahoze mu ikipe ya Rayon Sports akaza kuyivamo mu buryo budasobanutse atarangije amasezerano, biravugwa ko yaba agiye kugaruka muri iyi kipe nyuma yaho aburiye amahirwe mu gihugu cya Turkey.

Rwatubyaye Abdul ni umukinnyi wakuriye mu ikipe ya APR FC aza kuyivamo yerekeza muri Rayon Sports aho yasinye amasezerano y’ umwaka umwe ariko yumvikana niyi kipe ko naramuka abonye ahandi hakomeye azajyayo agakina ntakabuza.
Rwatubyaye wabaye umugani mu bafana ba Rayon Sports kugeza naho bamwe mu bahanzi bamuririmbye bamugereranya n’ ikiryabarezi mu ikipe ya Rayon Sports yaje guhita yerekeza ku mugabane w’ iburayi nta mukino numwe akiniye ikipe ya Rayon Sports yari imaze kumusinyisha imuguze kwa mukeba wayo APR FC.

Rwatubyaye akimara kuva mu Rwanda byatangajwe ko agiye ku mugabane w’ iburayi inkuru zirandikwa mu bitangazamakuru bivuga ko yihishe abandi ko bamubona hirya no hino atigeze ava mu Rwanda.

Amakuru yaje kuba mpamo bigaragaza ko umukinnyi Rwatubyaye ari mu gihugu cya Turkey aho yarari mu igeragezwa mu ikipe yaho yo mu cyiciro cya mbere yitwa Istanbul Basaksehir iri no ku mwanya wa kabiri kuri ubu .

Iyi kipe ya Basaksehir yari imaze igihe ifite uyu musore Rwatubyaye ari naho akorera imyitozo ye ya buri munsi. Amakuru agera kuri EAchamps biturutse ku nshuti ze za hafi no mu muryango we ni uko uyu musore yaba agiye kugaruka mu ikipe ya Rayon Sports nyuma yaho muri Turkey byangiye kuko ikipe ya Istanbul Basaksehir idakeneye ba myugariro ahubwo ishaka abakinnyi bataha izamu.

2,707 total views, 5 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.