Mikel Arteta yagizwe umutoza wa Arsenal avuye muri Man City
— December 22, 2019
Please enter banners and links.

Umunya-Espagne Mikel Arteta wigeze kuba umukinnyi wa Arsenal ni we wagizwe umutoza wayo mukuru ku masezerano y’imyaka itatu n’igice, asimbuye Unai Emery wirukanywe mu kwezi gushize.
Arteta w’imyaka 37 yari asanzwe ari umutoza wungirije muri Manchester City guhera mu 2016 ubwo yari amaze guhagarika gukina.
Uyu mugabo agarutse muri Arsenal yakiniye mu myaka itanu akanayibera kapiteni, aho yatwaranye nayo ibikombe bibiri bya FA Cup.
Nyuma yo kwemezwa nk’umutoza mushya wa Arsenal, Mikel Arteta, yavuze ko agiye kuyigarura mu makipe ahatanira ibikombe.
Ati “Dukeyeneye guhatanira ibikombe bikomeye mu mukino wacu. Biri mu byo twagarutseho ubwo naganiraga na ba nyir’ikipe Stan na Josh Kroenke n’abandi bakomeye mu ikipe.’’

Milel Arteta wabaye umutoza wa Arsenal

Lagase


Lukas Podolski, Mikel Arteta and Thomas Vermaelen, Arsenal, lift the FA Cup Trophy
Uyu mutoza azatangira akazi ke ku Cyumweru nyuma y’umukino wa Everton na yo yakiniye, uzaba kuri uyu wa Gatandatu, wo watojwe na Freddie Ljungberg wari umaze iminsi ari umutoza w’agateganyo.
Arsenal kuri ubu iri ku mwanya wa 11 n’amanota 23 mu mikino 18 imaze gukinwa muri Premier League.
Iyi kipe iheruka gutsindwa na Manchester City ibitego 3-0 ku Cyumweru, yananiwe gutsinda imikino itandatu iheruka gukinira mu rugo, ibintu byaherukaga mu 1995.
Mikel Arteta yakiniye Arsenal hagati ya 2011 na 2016, aho yagaragaye mu mikino 150, anaba kapiteni wayo. Mu 2018 byavuzwe ko ashobora gusimbura Arsène Wenger mbere y’uko Arsenal yemeza Unai Emery.
Mbere y’uko ajya muri Arsenal, Arteta yakiniye Everton imyaka itandatu, agaragara mu mikino 201 mu gihe kandi yakiniye Rangers yo muri Ecosse mbere yo kujya muri Real Sociedad mu 2004.
Abakinnyi bakomeye bakiniye iyi kipe Arsenal ubu iri mu bihe bikomeye bavuga ko babona Arteta nawe ntacyo azamarira iyi kipe yamamaza Visit Rwanda bakaba bifuzaga umutoza ukomeye nkuko za Liverpool na Man City zabigenje zizana ba Jurgen Klopp na Pep Guadiola kuko ubu nizo kipe zikomeye ku isi bityo na Arsenal abahoze bayikinira ndetse na bamwe mu bafana bifuza ko ikomera ku rwego rw’ayo makipe.
Abahoze ari abakinnyi ba Arsenal bamwe muribo bavuga ko babona na Arteta ntacyo azakora kiruta uwo asimbuye kuko andi makipe nka Liverpool na Man City bazanye abatoza bakomeye nka Jurgen Klopp na Pep Guadiola kandi ubu ayo makipe n’iyo ya mbere akomeye ku isi.
Gusa Arsenal yamamaza visit Rwanda ibaye iya 3 ihaye akazi k’ubutoza uwahoze akinira iyo kipe nka Chelsea yahaye akazi k’ubutoza Frank Lampard mu gihe Manchester United nayo yahaye Ole Guna Solskjaer.
Ndayambaje F
2,781 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply