Liverpool yaguze umukinnyi ushobora kuzazonga andi makipe ,Sadio Mane aririmba MO Salah ko ariwe nshuti ye nyuma yo gushwana ndetse Liverpool izakina Final kuwa 6
— December 19, 2019
Please enter banners and links.
Ikipe ya Liverpool FC iri mu bihe byiza cyane ndetse ubu ku isi yose amakipe yose igiye guhura nayo igira ubwoba kuko n’ikipe ikomeye cyane ishaka gutsinda buri kipe yose ihuye nayo kandi akenshi irabikora.
Ku munsi w’ejo nibwo yaguze umukinnyi rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Japan witwa Takumi Minamino imuguze £7.25m ,ikaba yamuguze mu ikipe ya Red Bull Salzburg akaba ari umwe mu bazengereje ikipe ya Liverpool ubwo zahuraga muri Champions League.
Uyu mukinnyi akaba yishimiwe n’abafana ba Liverpool ku isi yose ndetse ku mbuga nkoranyambaga bakaba bemeza ko azazengereza andi makipe azajya ahura na Liverpool nkuko ba Salah na Mane ndetse na Firmino bayazengereza.
Liverpool ubu iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona yo mu Bwongereza ikaba ifite amanota 49 ikaba irusha iya 2 Leicester City amonata 8 yose ikaba irusha Man City zahoraga zikubana ku manota uho wajyaga usanga imwe irusha indi inota rimwe cyangwa 3 ariko ubu Liverpool ikaba irusha Man City amanota 14 yose ku buryo abantu benshi bakurikirana umupira bavuga ko Liverpool ishobora gutwara iki gikombe uyu mwaka nyuma y’imyaka 30 yari imaze itagitwara.
Ku munsi w’ejo nibwo Liverpool yakinnye na Monterry iyitsinda ibitego 2 kuri kimwe ikaba yarahize ijya kuri Final aho izahura n’ikipe yitwa Flamingo yo muri Brazil ,umukino uzaba kuwa 6 aho bazakinira igikombe kitwa Club World cup.





Kandi umunsi w’ejo Sadio Mane ubu ufatwa nk’umukinnyi ukomeye ku isi yaraye abyinnye ko MO Salah ari King wa Egypt avuga ko ariwe nshuti ye magara nyuma y’uko baherutse gushwana ubwo Mane yashinjaga Salah kutamupasa imipira ngo atsinde nkaho amugirira ishyari.


Ibi Sadio Mane akaba yabivuze ku munsi w’ejo tariki 18 Ukuboza 2019 ubwo abanyamakuru muri Qatar aho Liverpool ubu iri yitegura gukina Final y’igikombe cya Club World cup maze avuga ko ubu umubano we na MO Salah ari mwiza cyane ndetse ariwe nshuti ye magara ndetse aramuririmba ko ari King wa Egypt.
Ndayambaje F
3,334 total views, 3 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply