Champions League: Amakipe ahabwa amahirwe yo gutwara igikombe uko yatomboranye ,Real Madrid na Manchester City, FC Barcelone na Napoli,Liverpool isigaye iryana izahura na Atletic Madrid
— December 16, 2019
Please enter banners and links.

Kuri uyu munsi kuwa mbere tariki 16 Ukuboza 2019 abantu bari bategereje uko tombora iribuhuze amakipe akomeye I Burayi ndetse no kumenya amakipe akomeye nka Liverpool isigaye iryana ndetse ihabwa amahirwe yo kongera gutwara iki gikombe uko ziributomborane.
Tombola y’uburyo amakipe azahura muri 1/8 cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League, yasize Real Madrid izahura na Manchester City mu gihe Liverpool ifite iki gikombe izahura na Atlético Madrid yo muri Espagne.
Iyi tombola yabereye mu Mujyi wa Nyon mu Busuwisi kuri uyu wa Mbere.


Umukino utegerejwe na benshi muri 1/8 ni uzahuza Real Madrid yo muri Espagne na Manchester City yo mu Bwongereza.
Chelsea izongera guhura na Bayern Munich, aho amakipe yombi yaherukaga guhurira ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa mu 2012, igikombe kikegukanwa n’iyi kipe yo mu Bwongereza ari nabwo bwari ubwa mbere igitwaye.
Paris Saint Germain yo mu Bufaransa izabanza kwakirwa na Borussia Dortmund yo mu Budage muri iki cyiciro.
Imikino ibanza izakinwa tariki ya 18,19, 25 na 26 Gashyantare 2020 mu gihe iyo kwishyura izaba tariki ya 10, 11, 17 na 18 Werurwe 2020.

Liverpool FC iheruka gutwara iki gikombe
https://www.youtube.com/watch?v=iSR4PaAiHn4
Umukino wa nyuma w’uyu mwaka uzaba tariki ya 30 Gicurasi kuri Ataturk Stadium yo mu Mujyi wa Istanbul muri Turikiya, aha akaba ari ho Liverpool yatwariye irushanwa rya 2005 itsinze Milan AC.
Uko amakipe yatomboranye muri 1/8 cya Champions League:
- Borussia Dortmund vs Paris St-Germain
- Real Madrid vs Manchester City
- Atalanta vs Valencia
- Atlético Madrid vs Liverpool
- Chelsea vs Bayern Munich
- Lyon vs Juventus
- Tottenham vs RB Leipzig
- Napoli vs Barcelona
3,386 total views, 5 views today

Misiyo rukokoma yo kwica Perezida Museveni no kuroga abayobozi bakomeye muri Leta (Vidiyo)
INKUBIRI Y’IMYIGARAGAMBYO Y’ABATAVUGARUMWE NA LETA Y’URWANDA IKOMEJE GUFATA INDI NTERA
Kuki Perezida Kahame akivuga kuri Gen Kayumba Nyamwasa nyuma y’imyaka 16 yarahunze Igihugu?(Reba Video)
Umunyamakuru akaba n’umuhanzi YAGO wahungiye muri Uganda yasabye imbabazi umuvugizi wa RIB
Umukozi wa ABASIRWA INNOC Bahati afatanije na Visi Perezida Muhizi barashaka kwiba Ishyirahamwe, Ibikoresho byo byamaze kwibwa(RIB) Nitabare
Ikipe ya Newcastle Utd mu batoza 4 ishaka Gerrard ashobora guhabwa amahirwe yo kuyitoza kurusha Konte
Real Madrid itomboye Liverpool umukino ushobora kubamo kwihorera naho Bayern itombora PSG ,Menya uko izindi zatomboranye
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Gerrard Houllier watoje Liverpool n’u Bufaransa yitabye Imana ku myaka 73
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply