Umuyobozi wa Rayon Sports na we yatawe muri yombi
— December 19, 2017
Please enter banners and links.

Umuyobozi wungirije w’ikipe ya Rayon Sports Gacinya Denis kuri ubu ari mu maboko ya Police nyuma y’uko ubushinjacyaha bumusabiye gukurikiranwa.
Umuvugizi wa Police y’igihugu ACP Theos Badege yahamirije RuhagoYacu ko Gacinya Denis koko yatawe muri yombi gusa ko byinshi ku byo akurikiranyweho byabazwa ubushinjacyaha.
Yagize ati: “Ni byo Gacinya Denis ari mu maboko ya Polisi ku busabe bwa parike. Hari ibyo akurikiranyweho iperereza riracyakomeza”.
Aha amakuru agera kuri RuhagoYacu akaba avuga ko Gacinya yafashwe nyuma yaho abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta basabye abayobozi b’akarere ka Rusizi n’Ubushinjacyaha kumukrikirana nyuma yo guhabwa amasoko ya Leta akishyurwa amafaranga arenze ibikorwa yakoze. Aha, Gacinya uhagarariye kompani yitwa MICON, harimo nk’aho akarere karamwishyuye miliyoni 495 nyamara igenagaciro ry’imirimo yari yakoze ryaragarageje ko ikwiye miliyoni 253Frw.

Gacinya Denis yatawe muri yombi
Aha kandi mu masezerano y’akarere ka Gatsibo, Gacinya na Kompanyu ye bavugwaho kwishyurwa amafaranga y’umurengera kuko hari aho ipoto imwe yayishyurwaga miliyoni 2,6 Frw, naho cash power imwe akayishyurwa miliyoni 3,8 Frw.
Ibi byose ngo ni byo bishobora gutuma Gacinya Denis kuri ubu ari mu maboko ya Police aho ategerejwe kuzashyikirizwa Parike ndetse n’Ubutabera.
Gacinya Denis akaba abaye umuntu wa gatatu muri Rayon Sports ufunzwe muri uyu mwaka, nyuma y’uwari umuyobozi w’umuryango wa Rayon Sports Kimenyi Vedaste ndetse n’umutoza w’iyi kipe Karekezi Olivier
3,030 total views, 5 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply