Kaminuza 2 zo muri Kenya zigiye gufunga imiryango mu Rwanda na Tanzania
— July 29, 2017
Please enter banners and links.

Leta ya Kenya yategetse ko Kenyatta University na Jomo Kenyatta University zifunga amashami yazo akorera i Kigali mu Rwanda na Arusha muri Tanzania kubera gutanga uburezi budafite ireme.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’aho ku wa Kabiri, komisiyo ishinzwe amashuri ya Kaminuza muri Tanzania itegetse ko kaminuza 19 harimo ebyiri za Kenya zitemerewe kwakira abanyeshuri bashya mu ntangiro z’umwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri, kubera raporo yakozwe ikazishyira ku rutonde rw’izitanga uburezi budafite ireme.
The Eastafrican dukesha iyi nkuru yanditse ko umunyamabanga wa Leta ya Kenya ushinzwe uburezi Fred Matiang’I, yandikiye abayobozi b’izo Kamnuza abamenyesha ko batemerewe kuguma gukora.
Muri iryo tangazo, akomeza asaba ko inama y’igihugu y’amashuri makuru na Kaminuza ikurikirana iki kibazo ikamenya ko zitagikora.
Umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo muri Kenyatta University, Prof Paul Wainaina, yemeje ko amashami yayo mu Rwanda na Tanzania agiye gufunga.
Yagize ati “Twahawe ayo mabwiriza kandi Kenyatta University yatangiye kwitegura gukurayo ibikoresho byayo no gufunga.”
Perezida wa Tanzania John Magufuli, yashyize umukono ku cyemezo cyo gufunga ayo mashami muri Tanzania, avuga ko ari ukurengera inyungu z’igihugu.
Ishami rya Kenyatta University iheruka gufungura mu Rwanda ryatwaye amadolari asaga miliyoni eshatu n’ibihumbi 700 y’Amerika naho irya Arusha ritwara ibihumbi 530 by’amadolari y’Amerika.
Ishami rya Jomo Kenyatta University mu Rwanda ryafunguwe mu 2012 ritwaye amadorali ya Amerika ibihumbi 210 naho irya Arusha mu 2010, ritwara ibihumbi 100.
2,739 total views, 5 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Ikigo cya Cleverland TSS Matimba hamenyekanye ibanga bakoresha mugutsindisha abanyeshuri benshi ndetse abaharangije ntibabure akazi
Nyuma y’uko ikigo cya Cleverland TVET gitsindishije abanyeshuri benshi ku rwego rwa mbere mu gihugu ,Ababyeyi barashimira ubuyobozi bw’Ishuri
Iyakaremye Papias amennye amabanga uburyo yakoresheje ubwenge yahawe na RPA/RPF mu kuyobora abanyeshuri(Vedio)
Amashuri 400 azaberamo imikino izahuza abafite ubumuga bwo mu mutwe n’abataramugaye hamaze kuboneka 30
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply