umu amakuru- Nyina wa Zari yashyinguwe muri Mitiyana Diamnd yanga ko bavuga izina rye mu gushyingura | Umusingi

Nyina wa Zari yashyinguwe muri Mitiyana Diamnd yanga ko bavuga izina rye mu gushyingura

Please enter banners and links.

Nyina wa Zari Hassan yashyinguwe ariko umugabo wa Zari ariwe umuhanzi Diamond avuga ko adashaka ko izina rye rivugwa mu gushyingura nyirabukwe.Nyina wa Zari yitabye Imana mu gitondo cyo ku wa 20 Nyakanga 2017.

Nyina wa Zari yari arwariye ahavurirwa indembe mu Bitaro bya Nakasero Hospital, yari amazemo igihe kirenga ukwezi. Uyu mubyeyi yajyanywe mu bitaro yagize ikibazo gikomeye cy’umutima ku buryo mu minsi ye ya nyuma yahumekaga abifashijwemo n’imashini zamwongereraga umwuka.

Halima Matovu Hassan yashyinguwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga 2017 ku ivuko muri Busujju ho muri District ya Mityana.

Mu baherekeje bwa nyuma Matovu Hassan harimo umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, David Lukyamuzi Kalangwa ndetse n’umuhanzi ukomeye muri Afurika y’Uburasirazuba Diamond Platinumz usanzwe ari umugabo wa Zari Hassan.

Mbere y’uko ashyingurwa habanje kuba ikiriyo mu rugo rwe ruri mu gace ka Munyonyo mu Mujyi wa Kampala. Mu ijoro ryo kuwa Kane tariki ya 20 Nyakanga ibyamamare bitandukanye byaraye ku kiriyo harimo Jack Pemba, Jose Chameleone, Eddy Kenzo, Big eye, Diamond Platnumz, Sylvia Owori, Desire Luzinda n’abandi bahanzi bakizamuka.

Zari muri uyu mwaka ntiwamubereye mwiza kuko yawugizemo ibyago bikomeye kuko yabanje gupfusha umugabo babyaranye abana 3 witwa Ivan Semwanga none mu gihe ataribagirwa urupfu rw’umugabo we babyaranye abana 3 nyina nawe yitabye Imana mu mwaka umwe.

 

 

 

2,119 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.