Habaye impanuka ya Bus ya Ritco yari itwaye abaturage barimo n’abagiye kwamamaza Paul Kagame Iburasirazuba
— July 22, 2017
Please enter banners and links.

Mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Nyakanga 2017, i Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba bw’u Rwanda, habereye impanuka y’imodoka ya sosiyete ya Ritco Ltd, yari itwaye abaturage bari bagiye mu bikorwa bitandukanye harimo n’abari bagiye kwitabira byo kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi uhatanira indi manda yo kuyobora igihugu.
Mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza no kwamamaza umukandida Paul Kagame wa FPR Inkotanyi byakomereje mu Ntara y’Iburasirazuba kuri uyu wa Gatandatu, inkuru ibabaje yanemejwe na Polisi yo muri iyi ntara, ni uko imodoka yari itwaye abari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi yahirimye igashyira ubuzima bwa bamwe mu kaga kuko bakomeretse.


Icyakoze iyi modoka ntiyari mu zateguwe na FPR Inkotanyi zitwara abanyamuryango bagiye kwamamaza, n’ubwo hari harimo abitegeye ku giti cyabo bagiye kubyitabira nk’uko abaturiye aho yabereye babibwiye itangazamakuru.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburasirazuba yabwiye itangazamakuru ko ntawe uritaba Imana gusa 6 bakomeretse ku buryo bukomeye.
Muri rusange yari itwaye abantu 52 naho abakomeretse bose hamwe ni 26, bajyanywe ku bitaro bya Nyagatare.
Umuturage uri ahabereye impanuka yadutangarije ko imodoka yiyubitse nta yindi bigonganye ndetse nta n’ikindi babonye cyaba cyabiteye, agakeka ko cyaba ari ikibazo cya mekanike yari yifitiye.Icyateye iyi Mpanuka ntikiramenyekana tukaba turi bubagezeho amakuru arambuye nitumara kuyamenya.
1,732 total views, 1 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Leave a reply