umu amakuru-  Icuraburindi mu mujyi wa Kayonza | Umusingi

Kayonza22  Icuraburindi mu mujyi wa Kayonza

Please enter banners and links.

Kayonza22

 

Bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kayonza bafite impungenge z’umutekano wabo kubera  umwijima ugaragara muri rompuwe yo mu Mujyi wa Kayonza uterwa n’ amatara yo ku mihanda adacana ngo habone.

Umwe mu baturage bakorera  mu Mujyi wa Kayonza witwa Kayumba Venuste yatangarije abanyamakuru ko bahangayikishijwe n’umwijima uterwa n’amatara yo ku mihanda ataka ninjoro ,aho avuga ko abagizi ba nabi bashobora guteza umutekano mucye muri rompuwe cyangwa no ku mpande zayo kuko naho haba umwijima.

Consolee

Visi Meya ushinze iterambere ry’ubukungu muri Kayonza witwa Uwibambe Consolee

Undi muturage witwa Karwanira Aimable ku kibazo cy’umwijima kuri rompuwe yagize ati “aha muri rompuwe ubundi hakabaye hari amatara yaka neza kuburyo hagaragara neza dore ko ariho imihanda yose ihurira uretse n’icyo Akarere ka Kayonza kubatse munsi ya rompuwe ubwo rero twe dusanga aha hantu hakwiye kwitabwaho cyane kuburyo n’itara rimwe gusa ryazima uwo munsi rigasimbuzwa ariko ubu urabona ko hashize iminsi hataka haduteye impungenge”.

Kayonza

Kayonza2222

IMG_0337

Kayumba yagize ati “umugizi wa nabi ashobora kwihisha hafi aho wanyuraho akaba yagutera icyuma cyangwa akakugirira nabi mu buryo ubwo aribwo bwose umwijima n’ikintu kibi cyane  mwatubariza impamvu aya matara ataka”.

Kuwa 19 Nzeli 2016 abanyamakuru bagiranye ikiganiro na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Kayonza witwa Uwibambe Consolee yemeza ko ikibazo cy’umwijima uterwa n’amatara yo ku mihanda ataka gihari ndetse avuga ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka bateganije amafaranga yo kujya asana amatara yo kumihanda.

Visi Meya Uwibambe Consolee yagize ati “nibyo koko hari aho amatara ku mihanda ataka turabizi ariko ubu twatanze isoko kugirango habeho rwiyemezamirimo uzajya akurikirana amatara yo kumihanda”.

Rompuwe ya Kayonza niho imihanda ihurira uturuka I Kigali uhura n’uturuka Rusumo ku mupaka w’uRwanda na Tanzania n’undi muhanda uturuka Kagitumba yose ihurira Kayonza.

Amatara yo ku mihanda ni kimwe mu birinda umutekano kuko n’uwaba afite umugambi wo kugirira nabi abahisi n’abagenzi ntibyamworohera kuko buri wese aba areba ariko iyo hari umwijima umugizi wa nabi yakora icyo ashaka kandi ntihagire umureba niyo mpamvu abaturage basaba Akarere ka Kayonza gukora ibishoboka byose bagakora amatara yo kumihanda akajya acana ninjoro hakabona.

Gatera Stanley

2,934 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.