Icuraburindi mu mujyi wa Kayonza
— September 20, 2016
Please enter banners and links.

Bamwe mu baturage batuye mu Mujyi wa Kayonza bafite impungenge z’umutekano wabo kubera umwijima ugaragara muri rompuwe yo mu Mujyi wa Kayonza uterwa n’ amatara yo ku mihanda adacana ngo habone.
Umwe mu baturage bakorera mu Mujyi wa Kayonza witwa Kayumba Venuste yatangarije abanyamakuru ko bahangayikishijwe n’umwijima uterwa n’amatara yo ku mihanda ataka ninjoro ,aho avuga ko abagizi ba nabi bashobora guteza umutekano mucye muri rompuwe cyangwa no ku mpande zayo kuko naho haba umwijima.

Visi Meya ushinze iterambere ry’ubukungu muri Kayonza witwa Uwibambe Consolee
Undi muturage witwa Karwanira Aimable ku kibazo cy’umwijima kuri rompuwe yagize ati “aha muri rompuwe ubundi hakabaye hari amatara yaka neza kuburyo hagaragara neza dore ko ariho imihanda yose ihurira uretse n’icyo Akarere ka Kayonza kubatse munsi ya rompuwe ubwo rero twe dusanga aha hantu hakwiye kwitabwaho cyane kuburyo n’itara rimwe gusa ryazima uwo munsi rigasimbuzwa ariko ubu urabona ko hashize iminsi hataka haduteye impungenge”.



Kayumba yagize ati “umugizi wa nabi ashobora kwihisha hafi aho wanyuraho akaba yagutera icyuma cyangwa akakugirira nabi mu buryo ubwo aribwo bwose umwijima n’ikintu kibi cyane mwatubariza impamvu aya matara ataka”.
Kuwa 19 Nzeli 2016 abanyamakuru bagiranye ikiganiro na Visi Meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu Karere ka Kayonza witwa Uwibambe Consolee yemeza ko ikibazo cy’umwijima uterwa n’amatara yo ku mihanda ataka gihari ndetse avuga ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka bateganije amafaranga yo kujya asana amatara yo kumihanda.
Visi Meya Uwibambe Consolee yagize ati “nibyo koko hari aho amatara ku mihanda ataka turabizi ariko ubu twatanze isoko kugirango habeho rwiyemezamirimo uzajya akurikirana amatara yo kumihanda”.
Rompuwe ya Kayonza niho imihanda ihurira uturuka I Kigali uhura n’uturuka Rusumo ku mupaka w’uRwanda na Tanzania n’undi muhanda uturuka Kagitumba yose ihurira Kayonza.
Amatara yo ku mihanda ni kimwe mu birinda umutekano kuko n’uwaba afite umugambi wo kugirira nabi abahisi n’abagenzi ntibyamworohera kuko buri wese aba areba ariko iyo hari umwijima umugizi wa nabi yakora icyo ashaka kandi ntihagire umureba niyo mpamvu abaturage basaba Akarere ka Kayonza gukora ibishoboka byose bagakora amatara yo kumihanda akajya acana ninjoro hakabona.
Gatera Stanley
2,934 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply