umu amakuru-  Abapasiteri 5 muri ADEPR bandikiye inzego za Leta ibibazo bikomeye basaba ko ivugururwa | Umusingi

tom_w-12de4  Abapasiteri 5 muri ADEPR bandikiye inzego za Leta ibibazo bikomeye basaba ko ivugururwa

Please enter banners and links.

tom_w-12de4

 

Itorero rya ADEPR mu Rwanda muri iyi minsi haravugwamo ibibazo byinshi kandi bikomeye ndetse hakaba hari Abapasiteri 5 bamwe birukanywe mu buryo bunyuranije n’amategeko abandi baracyari mu nshingano bakaba bandikiye inzego za Leta bazimenyesha ibibazo biri muri iryo torero basaba ko ryavugururwa hakiri kare.

Aba Pasiteri uko ari 5 bandikiye inzogo zirimo Inteko Ishinga amategeko umutwe w’Abadepite ,Umutwe wa Sena ,Transparency International Rwanda ,Urwego rw’umuvunyi berekana imikorere mibi ya Rwagasana Tom na Sibomana Jean bayobora ADEPR .

Muri urwo rwandiko bandikiye izo nzego harimo ibintu 7 bikomeye cyane bashinja abo bayobozi ba ADEPR bakora ndetse babona ADEPR idakemuye vuba ibibazo biri mu Itorero rya ADEPR bishobora guteza ibibazo bikomeye.

Mu byo bandikiye izo nzego uko ari 7 harimo ubuhemi n’ubwambuzi ,gutanga imitungo ya ADEPR mu buriganya ku nyungu zabo bwite,gusenya ingo z’abayoboke aho kuzubaka ,kurobanura ku butoni n’iterabwoba , gushyira no gukura ku myanya binyuranije n’amategeko ,kunyereza imitungo no kusesagura mu buryo bukabije ,gusaba imisanzu abayoboke ku ngufu.

Uretse aba banditse hari n’abandi birukanywe mu buryo bunyuranije n’amategeko abo bose bakaba bahagurukiye kugaragaza amanyanga ya Rwagasana Tom na Sibomana Jean bakaba basaba ko bakurwaho kuko bafite impungenge ko bashobora kwangisha abayoboke ubutegetsi cyane cyane biturutse ku mitungo y’Itorero igiye kurimanganywa.

Nyuma yo kwandikira inzego za Leta na Transparency International Rwanda bamwe mu bapasiteri batangiye guhamagarwa basabwa ko bandika bahagana urwandiko banditse bari kumwe na Pasiteri UWABIMFURA Modeste uzabyanga akirukanwa.

Umwe muri abo banditse urwandiko Ikinyamakuru Umusingi gifite kopi yagize ati “twarahamagawe n’ubuyobozi bwa ADEPR badusaba ko twandika tuvuga ko tudashyigikiye ruriya rwandiko ndetse twihakane ko tutari kumwe na Pasiteri UWABIMFURA Modeste kuko barimo kubona arimo kumena amabanga yabo kandi bishobora kubakoraho ariko natwe twasinye twamaze gufata icyemezo ndetse tumaze gusesengura ko ibibazo biri muri ADEPR ari uruhuri rwabyo”.

Pasiteri Uwabimfura Modeste mu ibaruwa yandikiye Ikinyamakuru Umusingi gifite kopi avuga ko akomeje gushakishirizwa ibyaha ku ngufu ndetse bikomeye na Tom Rwagasana nyuma yo kwirukanwa muri ADEPR.

Uretse uyu Uwabimfura Modeste kwirukanwa hari n’abandi bagiye birukanwa kubera impamvu zidasobanutse muri bo hari uwitwa Pasiteri Kalisimbi Jean Bosco wayoboraga ururembo rwa Rusizi akaba yarirukanywe nta mpamvu abwiwe ituma bamwirukana.Kumenya ko ibyo Pasiteri Uwabimfura Modeste avuga ko ari byo byo kwirukana abantu uko bishakiye bamwe mu ba Pasiteri bo muri ADEPR ubu abenshi bafite impungenge ko nabo bashobora kwirukanwa isaha iyo ariyo yose bishingiye ku gutonesha kwa Rwagasana Tom na Sibomana Jean nkuko Modeste abivuga.

Modeste

Pasiteri Uwabimfura Modeste

Pastor-SibomanaRwagasana

Guhera ibumoso Pasiteri Sibomana yandika ,iruhande rwe Rwagasana Tom yifashe kwitama

Pasiteri Kalisimbi Jean Bosco ati “turasaba Leta gutabara hakiri kare kuko urebye akarengane dukorerwa muri ADEPR wagira ubwoba kuko bigaragara ko Rwagasana Tom na Sibomana Jean ADEPR bayigize iyabo kandi urebye uburyo bamaze kwigarurira imitungo y’itorero n’uburyo birukana uko bashatse,turashaka kumenya izo mbaraga aho bazikura n’ababashyigikiye kandi ntituzakomeza kurebera Itorero ripfa hagomba kugira igikorwa”.

IMG-20160913-WA0015

Iyi ni ibaruwa aba Pasiteri 5 bandikiye inzego zitandukanye

Mu ibaruwa yirukana Kalisa dufite kopi nta mpamvu igaragaza icyo yirukaniwe ndetse n’abandi bamwe na bamwe nabo birukanywe bafite ikibazo nk’icye ese ababirukana bo ntibakwirukanwa aho bucyera?.

IMG-20160913-WA0010

Izi ni facture nyemezabwishyu za bank ku misanzu yakwaga abayoboke ku ngufu mu kigega SIKO yaburiwe irengero

IMG-20160913-WA0007

uko bandikiraga abantu babasaba gutanga imisanzu ihanitse

Ubu aba Pasiteri bamaze kwirukanwa ni benshi nkuko bamaze kuduha urutonde rwabo bakaba bifatanije n’abambuwe amafaranga yabo yashyizwe mu kigega kitwaga SIKO akaba yaraburiwe irengero ubu bakaba bagiye kubihagurukira kugirango ayo mafaranga hamenyekane aho yagiye.

IMG-20160913-WA0005

Iyi n’ibaruwa Pasiteri Kalisimbi Jean Bosco yandikiye inzego harimo na Minisitiri w’Intebe azimenyesha uburyo ubuyobozi bwa ADEPR inyereza umutungo

Ndetse bavuga ko hari imisanzu yakwaga abayoboke ku ngufu agera kuri Miliyoni Magana ane (400.000.000Rfw)yagiye kunyubako za Hotel Dove nayo yamaze kwigarurirwa na Rwagasana Tom afatanije na Sibomana Jean.Ibi hari impapuro Ikinyamakuru Umusingi gifite zibigaragaza.

IMG-20160913-WA0014

Iyi ni ibaruwa ADEPR yandikiye Pasiteri Kalisimbi Jean Bosco imuhagarika

Muri uko guhangana kwa Pasiteri Modeste Uwabimfura na Rwagasana Tom ,Modeste avuga ko Rwagasana yatumye umwe mu ba Pasiteri bari kuruhande rwe ko ajya mu mudugudu aho Modeste yari atuye kugirango ababwire bashakire Modeste ibyaha ariko kubera ko ntabyaha bari bamuziho byarabuze aragenda nkuko Uwabimfura abivuga.

Muri ADEPR haravugwamo ibibazo byinshi cyane Ikinyamakuru Umusingi kizakomeza kubagezaho amakuru yose yo muri iryo torero dore ko mu minsi ishize twabagejejeho amakuru ya Pasiteri Rurangirwa Emmanuel nawe wavugwaho kunyereza amafaranga ndetse ko Modeste avuga ko Rurangirwa yanze kumusezeranya n’izindi nyinshi tuzakomeza kuzibagezaho.

Gatera Stanley

 

 

3,443 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.