umu amakuru- Opinion:Ibyanenzwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri byaraye bitangajwe,Uwabakata umushahara ntibakongera gufata ibyemezo bikakaye | Umusingi

Opinion:Ibyanenzwe mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri byaraye bitangajwe,Uwabakata umushahara ntibakongera gufata ibyemezo bikakaye

Please enter banners and links.

Ndabasuhuje abakunda gusoma Opinion zanjye nkuko bisanzwe uyu munsi ndashaka kuvuga kubyo numvise banenga mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri byaraye bitangajwe Kuwa 19 Gashyantare 2021.

Sindibuhere kure kuko icya mbere abantu banenze bikandikwa ku mbuga nkoranyambuga aho banenze iyi myanzuro ku kibazo cy’abantu bemerewe gushyingiranwa kandi ingendo zijya mu Ntara zitemewe.

Inama y’Abaminisitiri yari gusobanura ku ubukwe cyangwa abashaka gushyingirana bagomba kuba ari abo mu Karere kamwe cyangwa ari abakire kuko hari abadafite ubushobozi bwo gukodesha imodoka.

Abakire bashobora gukodesha imodoka bakajya mu Ntara bagakora ubukwe ariko abakene ubundi bari kwishyura Coaster bagatega bakaza mu bukwe ariko ibyo ntawamenya niba Abaminisitri baratekereje ku bakene batishoboye kandi bafite uburenganzira bwo gushyingiranwa.

Ikindi ni uburyo bavuze ko gahunda zose zizajya zifunga saa kumi nebyiri za nimugoroba ariko bakavuga ko Restora (Restaurants)zizajya zikomeza gutanga take away kugeza saa mbiri ibi abacuruza Restora bakaba batasobanukiwe uburyo bazaba bafunze saa kumi nebyiri kandi bagakomeza gutanga take away kandi hafunze.

Abantu benshi n’ubundi iyi myanzuro bakaba batayishimiye nkurikije ibiba byandikirwa ku mbuga nkoranyambaga nka twitter na Facebook ndetse na Whatsapp kuko abantu bavuga ko bagiye kwicwa n’ubukene bwo kudakora.

Abashoferi batwaraga imodoka zijya mu Ntara ,abakozi bakoraga muri izo agency zitwara abagenzi mu Ntara n’abandi bantu bari batunzwe no gukora hirya no hino mu Turere abo bose ubu babayeho nabi.

Hari undi munyamakuru twaganiriye mu kiganiro mushobora gukurikirana kuri Umusingi TV avuga ko Abaminisitiri bakwiye kubakata imishahara yabo igahabwa abamerewe nabi ko bamaze ukwezi badahembwa batakongera gufata ibyo byemezo bikakaye.

Abantu nanone bibaza uko abafite inguzanyo za bank zizishyurwa kandi bikorera nta mushahara bafite ngo wenda bakomeze babakate cyangwa hari abavuga ko bazishyura iki amazu y’abandi batajya gukora?

Abandi nabo bakibaza icyo bazishyura imisoro ,ibyo byose bikaba byari bikwiye ko bikurwaho byibuze abantu bagasigara barwana no kubona icyo kurya ariko mu gihe bagaishakisha icyo kurya na nyiri byondo nkuko babyita muri iki gihe nawe akaba aje kwishyuza ayinzu bikarushaho gukomera.

Nta kintu kiza nko kubona abaturage bishimye ariko mu gihe hari ibibabaje kandi badafite uwo batakira n’ikibazo gikomeye ,byibuze niba bari bafunguye Intara abantu bagashobora kwishugurikira bashaka icyo kurya no kwishyura amazu y’abandi n’imisoro bavuga.

Ubushize ubwo imyanzuro yasohokaga Restora zigakomeza gufungwa ariko Salon zogosha cyangwa zikora imisatsi y’abagore zo zigakora wasangaga abantu bibaza ni gute Restora zifungwa Saloon zo zikemererwa gukora kandi nazo zijyamo abantu benshi ,ibi bikaba byaranenzwe cyane ko bamwe babuzwa gukora abandi bakemererwa.

Nkuko bisanzwe ibi biba ari ibitekerezo byanjye ntibivuze ko uko numva ibintu n’undi ariko agomba kubyumva muri society izi cyangwa ifite Demokarasi abantu batekereza bitandukanye kandi buri umwe ibitekerezo bye bikubahwa.

Icyo nshimira abaturage ni uko bumvira inzego z’ubuyobozi gusa n’ubwo hari ibyo baba banenga mu byemezo bibafatirwa ibyo n’ibisanzwe kunenga no gushima ariyo mpamvu natwe twandika tuba twumva ibivugwa hirya no hino tukandika kugirango abayobozi bacu nibabisoma bajya bamenya ibitagenze neza kugirango bivugururwe ari nabyo tuba tugamije kugirango bamenye ibyo abaturage banenze bikosorwe cyangwa hagire igikorwa kugirango abaturage banyurwe cyangwa bishimire ubuzima barimo.

Erega kunenga sibibi nta n’umuntu uba akwiye kubizira kuko bituma hari ibihinduka kuko ushobora gusanga hari abatazi ko hari abantu baburara kandi nabo bakeneye kubaho kandi Leta ifite inshingano zo kubitaho kuko ibatereranye wasanga bateje ibindi bibazo n’iyo mpamvu tuba twifuza ko ibintu bikorwa neza.

Nkuko bisanzwe ni ukuganira ibidufasha kubaka igihugu kandi nshima ko mujya munyandikira mumbwira uko namwe mu byumva n’ubu haramutse hari ushaka kunyandikira yandikira kuri email yanjye stanleygatera@gmail.com cyangwa mukampamagara kuri 0783664450 cyangwa no kuri Whatsapp.

Gatera Stanley

3,467 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.