N’iki cyatumye Umuhanzikazi Sunny akuramo imyenda akerekana ubwambure LIVE kuri instagram?
— June 25, 2020
Please enter banners and links.

Umuhanzikazi Sunny Dorcas Ingabire aricuza igikorwa yakoze cyo gushimisha abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga bikagera aho akuramo imyenda akagaragaza imyanya ye y’ibanga ikarebwa n’ibihumbi by’abantu hirya no hino ku isi.
Ariko mbere yo kongera gukora live kuri instagram yicuza ibyo yakoze abantu baribaza mu by’ukuri icyatumye yikuramo imyambaro akerekana ubwambure bwe?.
Ku cyumweru nibwo hasakaye amashusho yagaragaje ubwambure bwa Sunny nyuma yo kubyina yimenaho inzoga yari afite mu kirahure abikorera ku rubuga rwe rwa Instagram mu byo yari yise Instagram Live akanabirarikira abamukurikira.


Umuhanzikazi Ingabire Sunny Dorcas uri muri Kenya, yatunguranye ubwo yarimo aganira n’abakunzi be ku rubuga rwa Instagram akuramo imyambaro yambara ubusa

Umuhanzikazi Sunny Dorcas Ingabire
Abamukurikiye akiri no muri uku kwiyerekana, bamubwiraga amagambo atandukanye harimo abamubwira ko ibyo akoze bidakwiye umuhanzikazi w’umunyarwanda, byongeyeho w’umubyeyi dore ko afite umwana ubu w’imyaka 11, abandi batangira kumuhimba amazina ahuzwa n’umukobwa wicuruza cyangwa witesha agaciro.
Nyuma y’iminsi ibiri akoze ibi, Sunny yarebye ubutumwa bw’abamwandikiye ngo asanga ibyo yakoze ntibyari bikwiye ndetse abwira bamwe mu nshuti ze ko yicuza igikorwa yakoze cyo kwigaragaza muri ubwo buryo bwashyize imyanya ye y’ibanga hanze.
Abinyujije mu buryo bwa Live busa nk’uko yari yabikoze ku cyumweru, Sunny yagize ati “Sinzi ibyo nakoze mu ijoro ryashize, ariko nabikoze nasinze. Nakoze ibidakwiye imbere y’ibihumbi by’abankurikira kandi barimo n’abadafite nibura imyaka y’ubukure. Ku bw’ibyo ndasaba imbabazi kuko nabikoreshejwe n’inzoga.”
Sunny Dorcas Ingabire utuye muri Kenya, yari amaze iminsi ari we ugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera ibyo yakoze ku munsi wo ku cyumweru ndetse benshi bamushinja kwiyandarika no kwangiza isura y’ubuhanzi bwe.
Uretse kuba umuhanzi w’indirimbo nka Kungola, ni n’umucuruzi w’imyenda n’ibirungo by’ubwiza ku bagore aho afite amaduka abiri muri Kenya aho atuye, akanakorera ubucuruzi mu bihugu nka Thailand na Vietnam.
Uyu muhanzi Sunny yari aje neza muri muzika ubwo yakoraga indirimbo Kungora kuko yarakunzwe cyane ariko akaba atangiye kugenda yibagirana kuko iyo umaze igihe adasohora indirimbo abantu barakwibagirwa.
7,675 total views, 3 views today

TURASHAKA KO ABATERA NKUNGA NA LETA BAMENYA AMANYANGA YA INNOC BAHATI WIBYE IMITUNGO YA ABASIRWA
UMURIRO UGIYE KWAKA, FRANK GASHUMBA ATEGETSWE KUTONGERA KWITA UMWANA WE RWABUGIRI
KARABAYE NONEHO MUSEVENI AZANYE AMAJWI Y’ABAPFUMU KADAGA YARAGIYE KUMUROGA NA GEN SALEH NA MUHOOZI(Vedio)
BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Muri Honeys abakobwa babacurika imitwe amaguru hajuru bakabashyiramo amacupa mu bitsina(Vedio)
SODOMA NA GOMORA,AKABARI NEW BEST BISHYURA KUREBA ABASAMBANA KU MUGARAGARO,BIRATANGAJE
Abahanzi bavukana Weseal n’umugore we Miss Sandra Teta ,Chameleon na Palaso basigaye bacurangira mu kabari kamwe (Video))
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Reba aya amafoto meza 44 utazapfa utayarebye uburyo agaragaza ubunya Afurika bw’umwimerere
Isimbi Noeline uzwiho kwifotoza yambaye ubusa yongeye gutungura abantu asohora andi mafoto nyuma y’igihe atavugwa mu itangazamakuru
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Leave a reply