umu amakuru- Hategerejwe umupira w’amaguru ukomeye hagati ya Liverpool na Bayern Munich muri Champions League | Umusingi

Hategerejwe umupira w’amaguru ukomeye hagati ya Liverpool na Bayern Munich muri Champions League

Please enter banners and links.

Uyu munsi Kuwa 19 Gashyantare 2019 hategerejwe umukino w’umupira w’amaguru ukomeye uhuza amakipe akomeye Liverpool FC iri mu rugo ariko idafite myugariro wayo Virgil van Dijk imaze igihe icungiraho.

Amahirwe menshi arahabwa Liverpool ko ishobora gutsinda ,abasesenguzi bavuga ko ikipe ya Bayern ifite abakinnyi benshi bashaje kurusha aba Liverpool.

Ikindi ni uko mbere y’uko umukino utangira amakuru yaturukaga muri Bayern yavugaga ko Ribery na Roben batari bubanzemo ndetse ko Roben we ataribuwukine kubera imvune ibyo bikaba bihesha amahirwe Liverpool kuko abo aribo bakinnyi bakunda kuzonga andi makipe.

Ikipe ya Liverpool ikaba igomba gutsinda kuko iri mu rugo kandi isigaje ibikombe 2 gusa kandi uyu mwaka uko byagenda kose ikeneye igikombe yaba Champions League cyangwa Shampiyona .

Muri Shampiyona iri ku mwanya wa kabiri inganya amanota na Man City iri ku mwanya wa mbere ariko Man City akaba yarakinnye imikino myinshi kurusha Liverpool.

Man City ifite amanota 65 inganya na Liverpool iri ku mwanya wa kabiri ariko Man City ikinnye imikino 27 mugihe Liverpool ikinnye 26 ,Liverpool muri weekend ikazakina umukino ukomeye na mukeba wayo Man United iri ku mwanya wa kane n’amanota 51.

Ndayambaje F

 

3,323 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.