umu amakuru- Umuhanzi Spice Diana ashaka umuziki we kuwukora kinyamwuga kandi ugaera imbere akaba afite ibiro azinduka ajya ku kazi nkuko abandi bazinduka bakajyaho | Umusingi

Umuhanzi Spice Diana ashaka umuziki we kuwukora kinyamwuga kandi ugaera imbere akaba afite ibiro azinduka ajya ku kazi nkuko abandi bazinduka bakajyaho

Please enter banners and links.

Umuziki n’ikimwe mu byinjiza amafaranga menshi mu bihugu bifite ubwizanzure kimwe n’imikino nk’umupira w’amaguru na Basket Ball n’indi mikino itandukanye ,bityo no muri Uganda abahanzi bakaba bamaze gutera imbere muri muzika .

Umuhanzi urimo kuzamuka muri iyi minsi muri Uganda witwa Spice Diana akaba ari umwe mu bamaze gutera imbere aho yakoze ibiro azajya ajya buri gitondo nkuko abandi bajya ku kazi.

Ubundi usanga abahanzi batagira ibiro (Office)ariko we avuga ko umuziki ari akazi nkakandi agomba kugira ahantu abamushaka muzajya bamusanga.

Umuhanzi Spice Diana ari mu biro bye

Bamwe mu bageze aho ibiro by’uyu muhanzi bavuga ko ari ibiro byiza bigaragaza ko afite amafaranga kandi ko ibyo yakoze bigaragaza gutera imbere muri muzika.

Ubundi abahanzi usanga bahamagarwa kuri Telephone mukumvikana aho muhurira nko mu kabari mugasinya amasezerano bikaba birarangiye ariko iyo umuntu aje mu biro by’umuhanzi nkuko Psice Diana abivuga abona ko ibyo ukora bifite gahunda kandi akagenda yizeye neza ko ibyo muzakorana bizaba uko mwumvikanye.

3,883 total views, 1 views today

About author

Related Articles

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.