Impanuka y’ikamyo yishe umukobwa wari ukirangiza kwiga Makerere
— June 21, 2016Please enter banners and links.
Doreen Tashobya yishwe n’impanuka y’ikamyo ,umukobwa wa Rosemary Tumusiime umudepite mu gihugu cya Uganda ahitwa Entebbe .
Uyu mukobwa nibwo yari akirangiza kwiga amashuri y’isumbuye muri kaminuza ya Makerere muri Uganda .
Ikamyo yamugonze ari kuri moto atwawe n’umukozi w’iwabo witwa Patrick Busingye bose bakaba bitabye Imana uyu munsi taliki 21 Kamena 2016.
Frank Gashumba uzwi cyane kunenga ubutegetsi bwa Perezida Museveni ku rubuga rwe rwa facebook yanditse n’agahinda kenshi ku rupfu rw’umukobwa ukiri muto cyane wari urangije kwiga amashuri ye yisumbuye atangiye kugira ubuzima bwiza ,atangiye gufata ku mafaranga ,ashaka kugira urugo n’umuryango ko abantu badakwiye kwandika byinshi ko Doreen yapfuye ahubwo yasabye ko bakwiye guhaguruka bagasaba Leta ya Uganda igakora imihanda.
Uwo ni nyina bari kumwe
Gashumba yagize ati “nta mihanda y’imodoka nini ihari ndetse n’imodoka zingobokagutabara nta mihanda yazo ihari kandi ibi byose biteza impanuka zimaze guhitana ubuzima bwa benshi,ni ryari tuzamenya ibyo dukwiye kubona nk’abene gihugu”.
Ku mbuga zitandukanye zaba Facebook ,Twitter na Whatsap ubu inkuru ya Doreen niyo irimo gucicikana kubera akababaro abantu bafite kubura umwana ukiri muto cyane wari ugejeje igihe cyiza cyo kugira ubuzima bwiza kuri iyi none Imana ikaba imuhamagaye.Doreen Imana ikwakire mu bayo.
Muhungu John Kampala
2,239 total views, 3 views today
Leave a reply