Dr. Leopold Munyakazi yikoreye amaboko nyuma yo gukatirwa igifungo cya burundu y’umwihariko
— July 15, 2017
Please enter banners and links.

Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Dr Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yikorera amaboko kubera igihano ahawe.
Munyakazi yahamwe n’ibyaha birimo icya Jenoside, icyo gushishikariza abantu gukora Jenoside, ubwicanyi n’ibyaha byibasiye inyoko muntu n’icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu mugabo w’imyaka 67 wigeze no kuba umwarimu mu ryahoze ari Ishuri Rikuru Nderabarezi (KIE) ubu ryabaye rimwe mu mashuri ya Kaminuza y’u Rwanda, yakunze guhakana ibyaha aregwa.
Munyakazi n’umwunganizi we ngo basohotse mu rukiko badasinye ku myanzuro y’urubanza ndetse ntiyatangaza niba azajuririra igihano yahawe.
Dr Munyakazi yavuye mu gihugu mu 2004, atangira kwaka ubuhunzi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari na ho yoherejwe mu Rwanda aturutse tariki 28 Nzeri 2016. Yatawe muri yombi n’ inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri icyo gihugu nyuma y’igihe asaba ubuhungiro ariko izo nzego zimutera utwatsi, zemeza ko yoherezwa mu Rwanda.
Bamwe mu bari mu rukiko ahabwa igihano cya burundu y’umwihariko bamaze kubona yikoreye amaboko ku mutwe batangiye kuvuga ko yakoraga Jenoside atazi ingaruka zo kwica?.
2,629 total views, 1 views today

BYAKOMEYE UMUHUNGU WA HABYARIMANA YAHUYE NA TSISHISEKEDI ARASHAKA GUKURAHO KAGAME, KAYUMBA MURI CONGO
Abanzi b’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo kurusebya mu Burayi bitwaje imyigaragambyo
AMASO ARARYA INDA IGASONZA KURI NOHELI AMASO YAWE YEREKE IBYIZA,UKWEYE KUREBA ABA BAKOBWA BEZA WASHAKA GUPFA
Amateka y’Umukecuru wabanye n’Umwami Kigeli V akabana na Gen Fred Rwigema na Perezida Kagame ari mu batangije ishuri ry’Umuco
Itohoza :Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeje gusebya Leta y’u Rwanda bitwikiriye politiki n’uburenganzira bwa muntu
Uzi ahantu 8 ku mubiri w’umugabo wakora muri mu cyumba ukamuvugisha Igishinwa atarakize?
Uburyo ibiciro by’ingendo mu gihugu hose biteye nyuma yo kuzamurwa na RURA
Shangazi:Umugabo nyamugabo igira igitsinda kireshya gute?
Umugabo wanjye yankuye kuburiri arara arongora mushikiwe
Leave a reply